Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Abana bafite imirire mibi mu Rwanda bagera kuri 30 ku ijana

Imibare ya Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda igaragaza ko abana bafite ikibazo cy’imirire mibi mu Rwanda bangana na 30% by’abana bose. Kimwe mu byihutirwa birimo kuganirwaho n’inzobere zitandukanye ndetse n’abashakashatsi barimo gushaka uburyo ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira cyakemuka.

Ibi byatangajwe n’ubuyobozi muri MINISANTE ku wa mbere tariki ya 20 Gicursi 2024, ubwo u Rwanda rwakiraga inama mpuzamahanga y’iminsi ibiri yiga ku iterambere ry’urwego rw’ubuzima.

Ni inama yitabiriwe n’abashakashatsi batandukanye, inzobere mu buzima n’abandi bafatanyabikorwa batadukanye. Hagaragajwe ko hakiri icyuho mu gukora ubushakashatsi ku bijyanye n’ubuzima, aho usanga ku kigero kiri hejuru ya 40%, mu Rwanda ubushakashatsi bwinshi bukorwa n’ibigo bya Leta, bikaba bimwe mu bidindiza urwego rw’ubuzima.

U Rwanda rwakiriye iyi nama ku nshuro ya gatatu, mu rwego rwo gushakira hamwe ibisubizo birambye by’ejo hazaza h’ubuvuzi mu Rwanda. Ifite insanganyamatsiko igira iti “Guteza imbere ubushakashatsi bugamije kugira Rwanda rufite ubuzima bwiza”.

Dr. Eric Remera, Umuyobozi w’ishami rishinzwe ubushakashatsi, guhanga udushya no gufata imyanzuro igendeye ku bushakashatsi mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), avuga ko muri iyi nama ngarukamwaka abashakashatsi bazagaragaza ibyo bagezeho birimo n’uburyo ikibazo cy’imirire mibi itera igwingira mu bana cyakemuka.

Agira ati “Iyo turebye mu Rwanda tubona ko 30 ku ijana y’abana bafite imirire itameze neza babyita igwingira. Ubwo rero ubu ni uburyo bwo kugira ngo abashakashatsi bagaragaze ibyo babonye ndetse habeho no kubiganira, habeho no kuba hafatwa ingamba zazafasha kugira ngo imirire myiza yiyongere ndetse n’imfu z’abana n’ababyeyi na zo zigabanyuke.”

Imibare igaragaza ko mu Rwanda 30% by’abana bose bafite ikibazo cy’igwingira biterwa n’imirire mibi.

Biteganyijwe ko iyi nama isozwa ku wa 21 Gicurasi 2024, abafata ibyemezo, abashakashatsi, inzobere mu buzima, n’abafatanyabikorwa batadukanye barebera hamwe ibatuma urwego rw’ubuzima mu Rwanda rugira ejo hazaza heza kurushaho.

Munezero Jeanne d’Arc

1 Comment

1 Comment

  1. musemakweri prosper

    May 22, 2024 at 21:52

    Igwingira kurirwanya bisaba gutangira ukwezi kwa kabiri inda igiyemo, ubwo rero mugane TUJYANEMO HDVC umuryango nyarwanda utanga ibisubizo birambye ku igwongira.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities