Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Abanyamahanga bashoye imari mu nda y’Isi bavuga ko u Rwanda rwihagije ku mabuye y’agaciro

Inzobere mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro hamwe n’abashoramari b’abanyamahanga muri bwo, bahamya ko u Rwanda rufite amabuye y’agaciro ahagiye ashobora gucukurwa imyaka n’imyaka.

Nk’uko tubikesha RBA, ibi abashoye imari mu bucukuzi n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro bavuga ko bikwiye gukuraho urujijo ku bibaza aho amabuye u Rwanda rwohereza ku masoko mpuzamahanga aturuka.

Ni imwe mu ruhererekane rw’imisozi miremire yo mu Murenge wa Ngororero mu Karere ka Ngororero mu Ntara y’Uburenganzira, Compani yitwa Power M yabengutse ihita ihashyira uruganda rutunganya Coluta na Gasegereti, amabuye y’agaciro acukurwa mu birombe bya Rukaragata.

Pavlic Matera ushinzwe umutungo wo mu butaka muri iyi Campani, asobanura ko aka gace kavumbuwemo ubu bwoko bw’amabuye nk’amwe mu yakunzwe cyane ku masoko Mpuzamahanga.

Gucukura Koluta na Gasegereti mu birombe bya Rukaragata bikoranwa ubuhanga ndetse n’ibikoresho bigezweho ku buryo bidashyira ubuzima bw’abakozi mu kaga, nk’uko byasobanuwe n’umuyobozi wa Power M ishami rya Rukaragata, Eng John Kagubare.

Imikorere nk’iyi itandukanye cyane n’ubundi bucukuzi bw’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Koruta, ndetse n’imitunganyirize yayo ugereranyije n’ahandi hirya no hino muri Afurika.

Bamwe mu bakozi basaga 200 bahakora bavuga ko ubu bucukuzi bwagize uruhare mu iterambere ry’imwe mu miryango yo muri aka gace.

Ray Power, Umuyobozi mukuru wa Companyi y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Power M ashimangira ko u Rwanda rufite amabuye ahagije kandi meza, ku buryo bitari bikwiye ko hari ibihugu byagakwiye kwibaza ku ngano y’arwo rwohereza ku isoko Mpuzamahanga.

Ibi kandi binemezwa n’umushakashatsi mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Pavlic Matera.

Uruganda rutunganya Coluta na Gasegereti rwa Rukaragata nirwo rwa mbere ku mugabane wa Afurika rwohereza umusaruro ugahita ukoreshwa utongeye gucishwa mu nganda.

Ibirombe bya Rukaragata bicukurwamo Toni imwe ku munsi ndetse bitewe n’ubwinshi bw’amabuye y’agaciro ari mu ruhererekane rw’imisozi ya Ngororero, akaba azacukurwa hafi imyaka 60 iri imbere.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Panorama Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, agaragaza ko Ibihugu byibumbiye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba -EAC n’ibiri mu wa Afurika y’Amajyepfo -SADC, ko umutekano...

Ibikorwaremezo

Guverinoma y’u Rwanda yatangije imishinga ibiri irimo uwo kunoza ubwikorezi mu Mujyi wa Kigali wiswe ‘Kigali Urban Transport Improvement Project (KUTI)’, ahazagurwa ibice by’ingenzi...

Football

Panorama Nyuma y’uko hari abaguze amatike yo kureba umukino wahuje ikipe y’Igihugu y’u Rwanda (Amavubi) n’iya Nigeria (Super Eagles) ariko ntibabone uko binjira muri...

Amakuru

Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wakoreye ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda ndetse na mpuzamahanga, amakuru y’uko yatabarutse yamenyekanye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatandatu tariki...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities