Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Abashoferi barasabwa kwirinda gutwara ibinyabiziga bananiwe

Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda ryongeye gusaba abashoferi batwara imodoka nini ndetse n’izitwara abagenzi kwirinda gutwara ikinyabiziga mu gihe bananiwe, kuko ari bimwe mu bikomeje kugaragara ko biteza impanuka.

Ibi Polisi ibigarutseho nyuma y’aho imodoka yo mu bwoko bwa semi- Trailer yari ivuye mu gihugu cya Tanzaniya yerekeza mu karere ka Rubavu yakoreye impanuka mu karere ka Gakenke mu murenge wa Gashenyi igahitana ubuzima bw’umuntu umwe  witwa Bakari Ismail Kandanga wari uyitwaye.

Senior Superintendent of   Police (SSP) Jean Marie Vianney  Ndushabandi  yavuze ko iyi mpanuka yabereye mu karere ka gakenye  hirya gato y’ahazwi nko kuri Bassin itewe n’uburangare bw’umushoferi.

Yagize ati “Bigaragara ko habayeho uburangare bwo kutaringaniza umuvuduko n’imiterere y’umuhanda kuko uyu mushoferi yananiwe gukata ikorosi kubera umuvuduko mwinshi bikarangira imodoka irenze umuhanda.”

Akomeza avuga ko iyi mpanuka yabaye mu masaha ya mu gitondo (5h35) Polisi ikimenya aya makuru ikaba yihutiye gutabara ariko bitewe n’imiterere y’impanuka  umushoferi wari utwaye iyi modoka  ari na we wenyine wari uyirimo akaba yahise yitaba Imana. Umurambo wahise ujyanwa mu bitaro bya Nemba.

SSP Ndushabandi avuga ko mu bindi bishobora kuba byateje iyi mpanuka harimo n’ikibazo cy’umunaniro agasaba abatwara ibinyabiziga kwirinda gutwara bananiwe kuko bashobora gufatwa n’ibitotsi bikaba byateza impanuka.

Yagize ati “Akenshi abashoferi b’imodoka nini usanga ari babiri kugirango umwe yakire undi  mu rwego rwo kurwanya umunaniro, iyi modoka yo siko bimeze kuko yaritwawe na Bakari Ismail Kandanga ari na we wari uyirimo wenyine.”

SSP Ndushabandi asoza yibutsa abatwara ibinyabiziga   ko gukumira impanuka zo mu muhanda ari inshingano za buri wese ukoresha  umuhanda bityo bakwiye kurushaho kubahiriza amategeko y’umuhanda birinda umuvuduko ukabije, gutwara imodoka  basinze cyangwa bananiwe ndetse no kwirinda kuvugira kuri terefoni mugihe batwaye ibinyabiziga. Yongeyeho ko buri wese yubahirije amategeko agenga imikoreshereze y’umuhanda impanuka zakwirindwa ntizikomeze gutwara ubuzima bw’abantu.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities