Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Abaturarwanda basaga miliyoni 7 n’igice bamaze gukingirwa COVID-19

Nyuma y’amezi asaga 9 u Rwanda rutangiye ibikorwa byo gukingira abaturage COVID-19, abaturarwanda basaga miliyoni 7 n’igice, bangana na 80% by’abagomba gukingirwa bamaze guhabwa nibura urukingo rumwe.

Imibare ya minisiteri y’Ubuzima yo ku wa 27 Ukuboza 2021 yerekana ko abaturarwanda 7,551,187 bamaze guhabwa doze ya mbere, na ho 5,316,049 bamaze gukingirwa byuzuye, 118,371 bahawe doze yo gushimangira.  Kuva icyorezo cya COVID-19 cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020 kimaze guhitana abagera ku 1,348 na ho igipimo cy’ubwandu kigeze kuri 3,7%.

Nk’uko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yabigarutseho mukiganiro cyanyujijwe kuri Radio Rwanda avuga uko igihugu gihagaze. aho yakomoje Ku kuba u Rwanda ruhagaze neza mugutanga inkingo Ku baturage. Aho yavuzeko 80% by’abaturarwanda bamaze guhabwa nibura urukingo rumwe.

Yagize ati “kugeza ubu 80% by’abaturage Bach guhera Ku bafite imyaka 12 kuzamura, bahawe nibura urukingo rumwe. Turashimira ababigizemo uruhare bose harimo n’abafatanyabikorwa baduhaye inkingo n’izindi nkunga.”

Kugeza ubu u Rwanda rwahiguye umuhigo w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO/OMS) ryasabye ko tariki ya 30 Nzeri 2021 nibura buri gihugu kizaba cyamaze gukingira kugera ku 10% by’abaturage bacyo. U Rwanda rwo rwari rwiyemeje gukingira 30% bingana na 3.915.533 by’Abaturage bitarenze Ukuboza 2021, ubu rumaze gukingira byuzuye abasaga 40% na ho 80% by’abaturage bahawe urukingo rumwe.

Sindambiwe Emmanuel

Umunyeshuri wimenyereza umwuga

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Politiki

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro na Sultan Haitham bin Tariq wa Oman, bigamije gukomeza umubano hagati y’ibihugu byombi no kurebera...

Amakuru

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yageze muri Oman aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri rugamije kurushaho guteza imbere umubano n’ubufatanye hagati y’ibihugu...

Amakuru

Abanyarwanda batabashije kwitabira gahunda rusange yo gufotorwa no gutanga ibipimo ndangamiterere bikenerwa mu gutegura indangamuntu koranabuhanga, baracyafite amahirwe yo kuyuzuza binyuze ku masite akomeje...

Amakuru

Panorama Ku wa 5 Nzeri 2026, muri Kigali Convention Center habereye umuhango wo kumurika ibitabo 15 byanditswe n’abanyeshuri bo muri Kaminuza 12 zitandukanye, hamwe...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities