Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Abaturarwanda basaga miliyoni 7 n’igice bamaze gukingirwa COVID-19

Nyuma y’amezi asaga 9 u Rwanda rutangiye ibikorwa byo gukingira abaturage COVID-19, abaturarwanda basaga miliyoni 7 n’igice, bangana na 80% by’abagomba gukingirwa bamaze guhabwa nibura urukingo rumwe.

Imibare ya minisiteri y’Ubuzima yo ku wa 27 Ukuboza 2021 yerekana ko abaturarwanda 7,551,187 bamaze guhabwa doze ya mbere, na ho 5,316,049 bamaze gukingirwa byuzuye, 118,371 bahawe doze yo gushimangira.  Kuva icyorezo cya COVID-19 cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020 kimaze guhitana abagera ku 1,348 na ho igipimo cy’ubwandu kigeze kuri 3,7%.

Nk’uko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yabigarutseho mukiganiro cyanyujijwe kuri Radio Rwanda avuga uko igihugu gihagaze. aho yakomoje Ku kuba u Rwanda ruhagaze neza mugutanga inkingo Ku baturage. Aho yavuzeko 80% by’abaturarwanda bamaze guhabwa nibura urukingo rumwe.

Yagize ati “kugeza ubu 80% by’abaturage Bach guhera Ku bafite imyaka 12 kuzamura, bahawe nibura urukingo rumwe. Turashimira ababigizemo uruhare bose harimo n’abafatanyabikorwa baduhaye inkingo n’izindi nkunga.”

Kugeza ubu u Rwanda rwahiguye umuhigo w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO/OMS) ryasabye ko tariki ya 30 Nzeri 2021 nibura buri gihugu kizaba cyamaze gukingira kugera ku 10% by’abaturage bacyo. U Rwanda rwo rwari rwiyemeje gukingira 30% bingana na 3.915.533 by’Abaturage bitarenze Ukuboza 2021, ubu rumaze gukingira byuzuye abasaga 40% na ho 80% by’abaturage bahawe urukingo rumwe.

Sindambiwe Emmanuel

Umunyeshuri wimenyereza umwuga

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Football

Raoul Nshungu Haringingo Francis wari umutoza wa Bugesera FC yasezeye kuri iyi mirimo, asiga iyi kipe aharindimuka. Uyu mutoza yasezeye ku bayobozi ba Bugesera...

Amakuru

Raoul Nshungu Inzego z’ubuzima mu Rwandaziravuga  zafashe ingamba nshya zo guhashya indwara ya Malariya, harimo no kuba uzajya ayisanganwa abagize umuryano we cyangwa se...

Football

Panorama Sports Leeds United na Burnley zazamutse muri Premier League nyuma yo kwitwara neza  muri Shampiyona y’icyiciro cya 2 mu gihugu cy’u Bwongereza. Leeds...

Amakuru

Haribazwa niba Gael Karomba uzwi nka Coach Gael akaba ari we nyir’inzu ifasha abahanzi ya 1:55 AM isanzwe ifasha abarimo Bruce Melody, Kenny Sol...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities