Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Afurika ifite intego yo gukomeza kugira uruhare mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe _Perezida Kagame

Mu nama ya 29 y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku kubungabunga ibidukikije izwi nka COP29, ibera i Baku muri Azerbaijan, Perezida Paul Kagame yatangaje ko Afurika ifite intego yo gukomeza kugira uruhare mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe n’ubwo hakiri ubushobozi buke mu bijyanye n’ishoramari ku mishinga irengera ibidukikije.

Muri iyi nama, Perezida Kagame yagaragaje ko imwe mu ntego Umugabane wa Afurika userukanye muri iyi nama ya COP29, ari ugukomeza kugira uruhare mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, n’ubwo ikibazo cyo kubura ubushobozi bujyanye n’amafaranga yo gushora mu mishinga yo kurengera ibidukikije.

Perezida Kagame kandi yavuze ko Umugabane wa Afurika mu bigaragara ugira uruhare ruto mu kugira ibyuka bihumanya ikirere, bityo ko hakenewe inkunga yo kurushaho kubungabunga ko ibyo bike byagabanuka nk’uruhare mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Agira ati “Kutabona amafaranga ahagije mu kurengera ikirere biracyari inzitizi ikomeye kuri Afurika. Imihigo yahizwe mu nama zabanje ntabwo yeshejwe, kandi ntabwo byakurikiranwe. Ibi ntibikwiye!…”

Perezida Kagame asaba ko ibihugu byose byasaranganywa mu buryo buboneye amafaranga akenewe kugira ngo byose bitange umusanzu mu kuzana ibisubizo birengera ikirere.

Gupima umusanzu wa Afurika mu kurengera ibidukikije, ni imwe mu ngingo yagarutsweho mu nama yari iyobowe na Perezida Denis Sassou Nguesso wa Congo-Brazaville ndetse byongera gushimangirwa n’Umuyobozi wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, Dr Akinwumi Adesina.

Amakuru agaragaza ko Kwitabira iyi nama byabaye umwanya w’uko Perezida Paul Kagame ahura na mugenzi we wa Azerbaijani, Ilham Aliyev. Ibiganiro by’abakuru b’ibihugu bombi byibanze cyane cyane ku guteza imbere urwego rw’ishoramari n’ubucuruzi muri rusange.

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we wa Azerbaijani, Ilham Aliyev

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Panorama Abinyjije ku rukuta rwe rwa X yahoze ari Twitter, Hon. Dr. Tito Rutaremara agaragaza mu ncamake uko Ababiligi babaye umuzi w’ibibazo Repubulika ya...

Ubuhinzi

Abahinzi b’ibitunguru bo mu Karere ka Burera, barataka igihombo batewe no kuba barabuze isoko ry’umusaruro wabo. Kugeza ubu harabarurwa toni zisaga 245 z’ibitunguru bimaze...

Amakuru

Panorama Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera Col. Stanislas Gashugi, ahabwa ipeti rya Brig. Gen., anagirwa Umuyobozi w’Umutwe...

Amakuru

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yavuze ko icyemezo cya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyo kuganira n’Umutwe wa M23...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities