Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Bugesera: Abaturage basaba Njyanama kubafasha gukemura ikibazo cy’umutekano

Munezero Jeanne d’Arc

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Bugesera, ubwo hatanginzwaga Icyumweru cy’Ubujyanama, basabye Njyanama ko yabafasha gukemura ikibazo cy’ubujura kibugarije ndetse no kubagezaho ibikorwa remezo byiganjemo iby’amazi n’amashanyarazi n’ibindi bitandukanye harimo n’imihanda.

Ibi byagarutswe ubwo Njyanama kuva ku mudugudu kugeza ku karere bari kumwe n’abaturage, mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Gashyantare ku wa Gatandatu tariki 22 Gashyantare 2025, ku nsanganyamatsiko igira iti “Umuturage, Ishingiro ry’Imiyoborere Myiza n’Iterambere Ryihuse.”

Abatuye baganiriye n’ikinyamakuru Panorama bo mu Midugudu itandukanye mu murenge wa Myange, bavuze ko bakibangamiwe n’umutekano muke w’ubujura bwa matungo bukabije.

Munyaneza Callixte wo mu Mudugudu wa Gisenyi, Akagari ka Kibirizi, agira ati “Dufite ikibazo cy’abajuru gikabije kandi abanyerondo ntabwo bagaragaza abo bajura. Twifuza ko aba bajyanama badufasha kigakemuka byaba na ngombwa bagasaba leta ko mu banyerondo hajya hajyamo nk’umuntu ushyinzwe umutekano bitwaje intwaro, kuko hano bacukura inzu bagatwara amatungo… Korora ni ikibazo muri uno murenge wacu.”

Uwimana Hilaria wo mu mudugudu wa Gacucu, Akagari ka Gakamba, agira ati “Twugarijwe n’ubujura bw’amatungo no gutega abantu mu masaha y’umugoroba, biturutse ku bantu bakoresha ibiyobyabwenge ndetse n’abirirwa ku mihanda bakina igisoro, bitwikira ijoro bakiba amatungo y’abaturage, ugasanga umuntu bamushikuje telefone, bakamugirira nabi…”

Akomeza asaba ko Njyanama yabafasha kubongerera abanyerondo kandi n’uwo mujura wafashwe akajya babafatira ingamba zikomeye.

Agira ati “Umujuru wafashwe bajye bamwishyuza ibyo yangije kuko hari ababa bafite imitungo n’imiryango yifite, iyo bamufunzwe uwibwe aba ahombye, ufunzwe buracya mugahura… Twifuza ko byashyirwamo imbaraga bakajya bahana bihanukiriye, twumva ubujura bwagabanuka…”

Mujawimana Jeanne wo mu Kagari ka Maya na we ati “Dufite ikibazo cya mazi abana bacu banywa amazi mabi bahora barwaye inzoka Malariya nticika kubera amazi mabi yo mu kibaya, turifuza iki kibazo cyashakirwa umuti urambye, kuko arabura cyane, bigasaba kujya kuvoma kure, ugasanga umuntu aravunika kandi yagakoze ibindi kandi ahenshi ntago arahagera.”

Akomeza anasaba ko bagenzwaho amashanyarazi kuko nabyo birababangamira usanga abana Babura uko basubira mu masomo yabo bikabatera gutsindwa.

Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere ka Bugesera, Munyazikwiye Faustin, avuga ko iki cyumweru ari umwanya mwiza wo guhura n’abaturage ngo turebe ibibazo bibagoye bafite no guhuza ibitekerezo ku ishyirwa mu bikorwa rya gahunda z’iterambere ryabo.

Agira ati Ibi bidufasha gushyira ingufu ahakenewe cyane cyane ku bikorwaremezo biremereye, kuko ibibazo biba ari byinshi kandi bigomba gucyemurwa hagendewe ku ngengo y’imari, na yo iba idahagije. Ni umwanya wo kubikurikirana, gusa hari ibyo usanga byahita bikemukira aho ngaho nk’ubujura, iby’umutekano hakaba ingamba zo gushyira ingufu zo gukaza irondo no kwicungira umutekano, turebe ko nta cyuho yaba ifite akaba ari yo mpamvu ubwo bujura bwaba bwariyongereye.”

Akomeza abwira abaturage ko icyumweru cy’Umujyanama giheruka mu mwaka wa 2024 cyasize hubatswe ndetse hanasanwe ibikorwaremezo birimo ibiro by’utugari, hanakemurwa ibibazo by’abaturage byari byagejejwe ku Nama Njyanama…

Munyazikwiye yasabye ubufatanye mu ishyirwa mu bikorwa rya Gahunda y’imbaturabukungu -NST2, abaturage bakitabira gahunda zibafasha mu mibereho myiza n’iterambere, cyane cyane imitunganyirize y’aho batuye, imikoreshereze y’ubutaka no kwishyura imisoro.

Muri iki cyumweru kizasozwa ku wa 28 Gashyantare, komisiyo zitandukanye z’Inama Njyanama y’Akarere zizasura imirenge itandukanye ku masite yatoranyijwe.

Hazakorwa ubukangurambaga ku kwishyura ubwisungane mu kwivuza, Ejo Heza, gukemura amakimbirane yo mu ngo, gusubiza abana mu ishuri, kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko no gushishikariza abaturage kwitabira gahunda z’iterambere.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Panorama Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, agaragaza ko Ibihugu byibumbiye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba -EAC n’ibiri mu wa Afurika y’Amajyepfo -SADC, ko umutekano...

Ibikorwaremezo

Guverinoma y’u Rwanda yatangije imishinga ibiri irimo uwo kunoza ubwikorezi mu Mujyi wa Kigali wiswe ‘Kigali Urban Transport Improvement Project (KUTI)’, ahazagurwa ibice by’ingenzi...

Football

Panorama Nyuma y’uko hari abaguze amatike yo kureba umukino wahuje ikipe y’Igihugu y’u Rwanda (Amavubi) n’iya Nigeria (Super Eagles) ariko ntibabone uko binjira muri...

Amakuru

Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wakoreye ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda ndetse na mpuzamahanga, amakuru y’uko yatabarutse yamenyekanye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatandatu tariki...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities