Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Gatsibo: Abatuye umurenge wa Gasange biyujurije inzu y’urubyiruko

Iyi nzu y’urubyiruko yujujwe n’abaturage bifashishije umuganda (Ifoto/ Theoneste N)

Abatuye Umurenge wa Gasange mu karere ka Gatsibo biyujurije inzu y’urubyiruko izarufasha  gusubiza bimwe mu bibazo byarubangamiraga birimo gutwara  inda z’imburagihe ku bangavu nk’uko bivugwa na bamwe mu rubyiruko rutuye  i Gasange .

Abijuru Francine ari mu kigero k’imyaka 18 avuga ko iyi nzu yubakiwe urubyiruko ifasha abakobwa kumenya ubuzima bw’imyororokere. Agira ati “Abana benshi bahuraga n’ikibazo cyo gutwara inda zidateganyijwe kubera nta mahugurwa bahawe, ariko ubwo iyi nzu ibonetse bigiye gukemuka, kubera ko hatangirwa amahugurwa afasha urubyiruko kumenya uko rukwiye kwitwara.”

Ntamwemezi Venuste ari mu kigero k’imyaka 23, avuga ko iyi nzu y’urubyiruko iziye igihe. Agira ati “Iki kigo kije tugikeneye.  Ni ahantu heza tubonye, aho urubyiruko ruzidagadurira kandi hari n’urubyiruko rugiye kuhabona akazi. Ibi rero biradushimishije cyane, dushimiye ababyeyi bitanze kugira ngo iyi nzu yuzure.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gasange, Ndayisenga Jean Claude, avuga ko nubwo iyi nzu yeguriwe urubyiruko, ubuyobozi buzakomeza gutanga ubufasha mu kuyicunga. Agira ati “Iki gitekerezo uko cyubatse, twanazirikanye uko ejo hazaza h’iki kigo hagomba kubaho. Ntabwo ari ibintu bisigarira aha, tuzakomeza kubaba hafi kugira ngo iyi nyubako ikore neza kandi yitabweho.”

Gasana Richard, Uumuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, avuga ko kuba iyi nzu yubatswe ku mbaraga z’abaturage nta yindi nkunga babonye bishimangira imiyoborere myiza n’ubufatanye. Agira ati “Iki ni igikorwa  cyo gushima kigaragaza urugendo abanyarwanda bamaze kugenda, kigaragaza kandi ko  aho bageze uwashaka kubakoma mu nkokora no kubasubiza inyuma bitamworohera.”

Iyi nzu y’urubyiruko ya Gasange yuzuye itwaye amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 30, ifite ibyumba bine birimo Icyumba cy’inama, icyumba cy’ubujyanama mu by’imyororokere, icyumba cy’ubujyanama mu kwihangira umurimo n’icyumba cy’ububiko.

Theoneste Nkurunziza /Gatsibo  

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities