Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Gatsibo: Abunzi bahawe amagare afite agaciro ka miliyoni zigera hafi kuri 70

Abunzi bo mu karere ka Gatsibo bahawe amagare afite agaciro ka Miliyoni zigera hafi kuri mirongo irindwi (Ifito/Clever)

Bamwe mu bunzi bo mu karere ka Gatsibo baravuga ko bishimiye amagare bahawe kubera ko agiye kujya abafasha mu bikorwa byo gutanga ubutabera.

Aba baturage bahawe amagare magana ane na cumi n’ane, aje asanga andi ijana na mirongo itandatu n’arindwi bamwe muri bo baherutse guhabwa, yose hamwe akaba agera kuri 581 afite agaciro ka miliyoni zigera hafi kuri mirongo irindwi (69,720,000Frw).

Aba bunzi bishimiye aya amagare maze bagaragaza ko agiye kubafasha mu kunoza serivisi baha abaturanyi babo.

Abunzi bishimira ko amagare bahawe agiye kubafasha kurushaho kwegera abo baha serivisi (Ifoto/Clever)

Karangwa Didace, umwunzi wo mu kagari ka Nyamirama mu murenge wa Nyagihanga yavuze, ko hari igihe bajya mu bikorwa byo guca imanza bigatuma bakererwa ariko ubwo babonye amagare ntibazongera gukererwa.

Yagize ati: “mudushimirire Perezida Kagame uduhaye aya magare, ubusanzwe hari igihe twajyaga tujya guca imanza tugakererwa ari ukubu ntituzajya dukererwa kuko aya magare azajya adufasha kwihuta.”

Mukasengero Xaverine umwunzi wo mu kagari ka Kintu mu murenge wa Kageyo, yavuze ko ubusanzwe hari aho bajyaga kureba ikiburanwa bikabasaba gutega, ariko ubwo babonye amagare bigiye kuborohera.

Yagize ati: “ubusanzwe twajyaga tugera ku kiburanwa bigoranye; hari igihe byasabaga gutega rimwe na rimwe ukaba nta mafaranga y’itike ufite, ariko ubu aya magare azajya adufasha kugera ku kiburanwa, tunayagendeho tujya mu nama zitandukanye.”

Manzi Theogene, umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu asaba abunzi kurushaho kunoza serivisi baha ababagana (Ifoto/Clever)

Manzi Theogene, umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, yasabye aba bunzi kwifashisha aya magare mu gutanga serivisi nziza kandi zihuse, anabasa kuyafata neza.

Manzi Theogene, umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu asaba abunzi kurushaho kunoza serivisi baha ababagana (Ifoto/Clever)

Peter Clever/Gatsibo

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities