Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Gicumbi: Abaturage barasabwa kwipimisha indwara zitandura

Abaturage bitabiriye ari benshi kwipimisha indwara zitandura (Ifoto/Theoneste N.)

Nkurunziza Theoneste

Abatuye Akarere ka Gicumbi barakangurirwa kwipimisha indwara zitandura zitandukanye by’umwihariko indwara ya kanseri. Ibi babisabwe  ku wa Gatanu tariki ya 26 Mutarama 2018 mu mujyi wa Byumba, ubwo hatangizwagwa  gahunda y’iminsi itatu igamije gupima indwara zitandukanye ku buntu.

Iki gikorwa cyakozwe ku bufatanye bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), Itorero rya ADEPR n’umuryango nterankunga ugamije guteza imbere ubuzima  (IIGHP).

Kabihog Mariya, ni umukecuru uri mu kigero cy’imyaka 70, atuye mu mujyi wa Byumba dusanze aje kwipimisha  indwara  zitandukanye avuga ko bimushimishije kuba abaganga baje kubapima ku buntu.

Agira ati “Mfite ikibazo  cy’amenyo naje rero kureba aba baganga ngo bamvure. Ibi tubyakira neza kuba baje kudupima ku buntu.”

Nshimiyimana Philbert  atuye mu kagali ka Gacurabwenge,  Umurenge wa Byumba, Akarere ka Gicumbi. Na we avuga ko  yishimiye iki gikorwa cyo kwegerezwa serivisi yo kwipimisha ku buntu.

Agira ati “Twaje kwipimisha  aya mahirwe ntiyakundaga  kuboneka.  Twabonaga bikorerwa ahandi ariko kuba byatwegereye rero ni byiza kandi nta n’amafaranga dutanga. Ibi rero bituma dufata ingamba ku buzima bwacu.”

Haragirimana Samuel uyobora umuryango utegamiye kuri Leta  ugamije guteza imbere ubuzima (IIGHP) avuga ko  iki gikorwa bagiteguriye mu karere ka Gicumbi, kugira ngo abagatuye na bo bagire amahirwe yo kumenya uko ubuzima buhagaze. Avuga ko iyo basanze hari abafite ikibazo babohereza kujya kwivuza.

Agira ati “Twarebye ahantu hatandukanye h’icyaro  dusanga ibikorwa nk’ibi bitahaba  kandi  na bo batabasha kubona serivisi zijyanye n’ubuzima  ku buntu  kugira ngo bamenye aho bahagaze,  mu gihe basanze barwaye bajye ku bitaro.”

Pasiteri Niyonzima Alexis uyobora  ADPR mu karere ka Gicumbi,   avuga ku mpamvu yatumye iri Torero rifata iya mbere mu gusaba abakirisito n’abandi baturage kuza kwipimisha  indwara zitandura.

Agira ati “by’umwihariko hari inking enye tugenderaho. Mu nkingi ya gatatu y’imibereho myiza,  ni ho dusanga ubuvuzi. Iki gikorwa ni mu rwego rwo kugira ngo abo tuyoboye babe   bafite roho nzima, iri mu mubiri muzima; kandi ni no kugira ngo itorero  rigirire umumaro aho rikorera.  Ntabwo ari abakirisito bacu gusa bari hano, hari abanyarwanda benshi bari muri aka karere ka Gicumbi.”

Hagenimana Marc, umukozi mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), ushinzwe agashami gashinzwe kurwanya kanseri  witabiriye iki gikorwa, aganira n’umunyamakuru wa Panorama, avuga ko iki gikorwa cyo kwegereza  abaturage serivisi yo gupima ku buntu  indwara zitandura,  kigamije  kwagura igikorwa  cy’ubukangurambaga  kikagera ku baturage   bose ariko cyane cyane kurwanya kanseri.

Agira ati “Iki gikorwa  twagiteguye mu rwego rwo gukangurira abaturage kurwanya izo  indwara,  by’umwihariko ni mu  kwitegura umunsi mpuzamahanga wo kurwanya kanseri  kubera ko zigira ingaruka mbi ku buzima.”

Uyu muyobozi anavuga ko ubushakashatsi bugenda bugaragaza abantu bafite ibyago byo kurwara,  bugaragaza  zimwe mu mpamvu z’ingenzi  zitera izo ndwara zirimo kunywa inzoga, kunywa itabi, kudakora imyitozo ngororamubiri, kurya indyo itaboneye, amavuta menshi no kunywa isukari nyinshi.

NK’uko uyu  muyobozi abivuga ngo  bahangayikishijwe  n’uko abanyarwanda batarakangukira  kwisuzumisha  indwara zitandura kuko  hari abakizitiranya n’amarozi. Mu Rwanda 56 ku ijana y’abisuzumisha bagaragarwaho indwara zitandura.

Pasiteri Niyonzima Alexis Umuyobozi wa ADPR mu karere ka Gicumbi (Ifoto/Theoneste N.)

2 Comments

2 Comments

  1. This initiative is initiated by Initiative of Individuals for Global Health Promotion (IIGHP) in Conjunction with Voice of Praise Family (VPF). finally, it got support from different entities mainly ADEPR Gicumbi district, Rwanda Biomedical center (RBC) and other supporting institutions and implemented from 24-27th January, 2018.
    HPC Camp coordinated HARAGIRIMANA Samuel whose IIGHP President and Health Promotion Campaign (HPC) Camp coordination associated with VPF president Anne TUYIZERE aiming at rising awareness on NCDs in community as also influence the others to have the same initiative countrywide and abroad.now, the intitiative expanded at Kigali city, Kanyinya sector where on 22-23rd June, 2018 there were the same event
    thanks

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities