Perezida wa Repubulika, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yageze ku wa mbere Ukwakira 5 i Goma mu majyaruguru ya Kivu. Serivisi ishinzwe itumanaho rya perezida ivuga ko iyi ari “intangiriro yo gusura ibice by’ igihugu “(première étape d’une tournée d’inspection du territoire national ).
Ibihumbi n’abarwanashyaka berekana amabendera n’andi mashusho y’imitwe ya politiki itandukanye bateraniye ku kibuga cy’indege cya Goma ndetse no ku muyoboro munini w’umujyi uhuza ikibuga cy’indege n’ibiro bya guverineri w’intara, aho delegasiyo ya peresida iri buhagarare.
Mukwakira perezida, mu byapa byabo, abaturage muri rusange, imitwe y’abenegihugu n’amashyirahamwe y’abagore bateguye ibyo bamwifuzaho byinshi.ko Perezida yubahiriza amasezerano yo gushyira k’ubwicanyi bubera muri Beni …”, no gusura aka gace nkuko yabyivugiye ubwo yarahiriraga kuyobora igihugu ko uruzinduko rwe rwa mbere azakorera mubice bigize igihugu azarugra mu gice cya beni.
Sosiyete sivile yo mu Ntara irahamagarira Perezida wa Repubulika gutekereza ku kugarura amahoro atari i Beni gusa, ahubwo muri Kivu y’Amajyaruguru yose; no ku mibereho myiza yabaturage no kubyutsa ubukungu muri iyi ntara.
Ku biro bya guverineri, Umukuru w’igihugu yagiranye ibiganiro bwa mbere na ba guverineri ba Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo na Maniema, intara eshatu zo mu burasirazuba bwa DRC zibasirwa n’umutekano muke uterwa n imitwe yitwaje intwaro muri izi ntara.
Gahunda y’uru rugendo rw’ umukuru w ‘igihugu ikubiyemo urukurikirane rw’inama n’abahagarariye sosiyete sivile, abashinzwe umutekano n’abandi bantu bingenzi Quadripartite.
Serivisi ishinzwe itumanaho rya perezida nayo yatangaje ko: “Nyuma y’ibikorwa bikomeye bya diplomasi ku murongo wa Kinshasa-Bujumbura, inama ya DRC-Uganda-u Rwanda-Burundi yemejwe ko izakorwa kuburyo bwa video conferance kuri uyu wa gatatu, 7 Ukwakira.”
Hagati aho, ejo hashize ku munsi wa kabiri i Goma hateraniye inama y’abaminisitiri baturutse mu bihugu bireba.
Ubu ni ubwa kabiri Perezida Felix Tshisekedi asuye Goma kuva yatangira ubutegetsi muri Mutarama 2019.
Nkubiri B. Robert
