Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Gufasha abagore gukuramo inda bikwiye no gushyirwa mu bigo Nderabuzima

Mu gihe ubushakashatsi bwerekana ko mu Rwanda abagore 12% aribo bapfa bakuramo inda mu buryo bubi, Umuryango utari uwa Leta Great Lakes Innitiave for Human Rights & Development (GLIHD) usanga hari icyuho mu itegeko rivuga ko inda igomba gukorwamo na muganga wenyine.

Ubwo yaganira na Panorama, Me Mulisa Tom Umuyobozi wa GLIHD yavuze ko kuba mu Rwanda hakiri ikibazo cy’ubuke bw’abaganga, ubwabyo ari icyuho gikomeye.

Agira ati “Mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abagore n’abakobwa bapfa bagerageza gukuramo inda mu buryo bubi kandi bibagiraho ingaruka, byakagombye gukorwa n’abaforomo n’ababyaza babifitiye ubushobozi; bikaba byakorerwa mu bigo nderabuzima kuko babifitiye ubumenyi ndetse niba hari icyo bakeneye mu bumenyi bwo gukoramo inda bakaba bahabwa amahugurwa.”

Agendeye ku mahame nshingiro y’Umuryango Mpuzamahanga ku Buzima (OMS/WHO) avuga ko ubuzima bw’umubyeyi bugomba kurengerwa byaba na ngombwa inda ikaba yakurwamo.

Me Mulisa Tom, Umuyobozi wa GLIHD

Me Mulisa avuga ko itegeko ryakagombye kuvugururwa kugira ngo ribe ryakwemera ko n’abandi bagore babyifuza, kubera impanvu z’ubuzima bwo mutwe ndetse n’ubukene, babyemererwa.

Asaba ko Minisiteri ifite ubuzima mu nshingano yahabwa ububasha bwo kwemerera abaforomo n’ababyaza bahuguwe, kuba bakuramo inda mu buryo bwemewe n’abategeko bitagombye kuba umwihariko wa muganga we nyine.

Agira ati “Twebwe nka Sosiyete sivile, impamvu twifuza ko iri tegeko rivugururwa, ni uko abaganga ari bake kandi abaforomo n’ababyaza begereye abaturage mu bigo nderabuzima hirya no hino.”

Abemerewe gukurirwamo inda mumategeko y’u Rwanda  ni abafashwe ku ngufu, abashingiwe ku ngufu, inda zemejwe na muganga ko zishobora kubangamira buzima bwa nyir’ubwite, uwatewe inda uwo bafitanye isano kugeza ku gisanira cya kabiri, umwana wo munsi y’imyaka 18 y’amavuko, kandi inda ikurwamo ntiyakagombye kurenza ibyumweru 12 bingana n’amezi 3.

Gukuramo inda ni ihame risanzwe ry’ubuzima ariko  mu gihe bikozwe hakurikijwe uburyo bwateganijwe na OMS/WHO na leta y’ Ruwanda kandi byubahirije igihe cyo gutwita ndetse bigakorwa  n’abafite ubumenyi buhagije.

Munezero Jeanne d’Arc

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Panorama Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, agaragaza ko Ibihugu byibumbiye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba -EAC n’ibiri mu wa Afurika y’Amajyepfo -SADC, ko umutekano...

Ibikorwaremezo

Guverinoma y’u Rwanda yatangije imishinga ibiri irimo uwo kunoza ubwikorezi mu Mujyi wa Kigali wiswe ‘Kigali Urban Transport Improvement Project (KUTI)’, ahazagurwa ibice by’ingenzi...

Football

Panorama Nyuma y’uko hari abaguze amatike yo kureba umukino wahuje ikipe y’Igihugu y’u Rwanda (Amavubi) n’iya Nigeria (Super Eagles) ariko ntibabone uko binjira muri...

Amakuru

Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wakoreye ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda ndetse na mpuzamahanga, amakuru y’uko yatabarutse yamenyekanye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatandatu tariki...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities