Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Habineza Frank ashima uburyo Abanyarwanda bitwaye mu bihe by’amatora

Dr. Habineza Frank aganira n'itangazamakuru. Yari kumwe na Madamu we Kabarira Edith

Ni ku wa 15 Nyakanga 2024, ku biro by’itora ku Ishuri ribanza rya Kimironko II. Ni saa tatu n’iminota 58, abantu n’urujya n’uruza kuri site bajya cyangwa se bava gutora. Imodoka nziza y’ijipe y’umukara irinjiye, irimo Umukandida uhatana ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Dr Habineza Frank, na Madamu we ndetse n’ubarinze.

Abantu batanze inzira imodoka igeze mu kigo, Habimeza na Madamu we Kabarira Edith, barasohotse bahuye n’abanyamakuru benshi baba abakorera ibitangazamakuru byo mu Rwanda n’ibyo mu mahanga, barikumwe n’abakorera ku mirongo ya Youtube.

Umukozi wa Komisiyo y’igihugu y’amatora abahaye ikaze, Madamu wa Habineza Frank ari imbere, bageze imbere y’icyumba cy’itora bagomba gutoreramo ariko abanyamakuru ni uruvuganzoka.

Abakorera kuri YouTube ntibihanganiye gukomeza guhamagara Dr. Habineza Frank, bati “Kandida Perezida, mumeze neza?” ariko iyi mvugo isa no kwamamaza, Komisiyo y’igihugu y’amatora n’ibindi byose bijyanye no kwamamaza yari yaraye ibihagaritse.

Abanyamakuru binjiye mbere, hafi ya bose bageze mu cyumba cy’itora – Madame Haboneza na we arinjiye ajya gufata urupapuro rw’itora. Dr Habineza na we arinjiye, agiye gufata urupapuro rw’itora, ariko abashinzwe amatora bakomeje guhangana n’umubyigano w’abafata amashusho n’amafoto.

Dr. Habineza Frank yinjiye mu cyumba cy’itora atanga indangamuntu kugira ngo barebe ko yanditse kuri lisite y’abagombaga gutorera kuri iyo site no muri icyo cyumba

Habineza n’umugore we barangije gutora barasohotse ariko gutambuka ntibyoroshye kubera abafata amashusho. Abanyamakuru bitakumye bateka ibyuma byabo biteguye kuvugana na Habineza, ariko abo kuri YouTube ntibatuma atambuka. Biranze ahagaze mu nzira batangira kumubariza aho.

Agira ati “Ndashimira Abanyarwanda batwakiriye neza hirya no hino mu gihugu, mwarabibonye ko baje kumva imigabo n’imigambi yacu. Bavuye mu nzu zabo, amaduka yabo, baza kutwakira ku mihanda n’ahandi.

Byagaragaye ko Abanyarwanda bamaze gutera intambwe muri Demokarasi, batwakiriye neza, hari abaduhaye impano… mbese bitandukanye no mu 2017. Ikindi ni uko Komisiyo y’igihugu y’amatora na yo yabigizemo uruhare, ubona ko ibintu byateguwe neza kurusha ubushize.”

Asoza agira ati “Niteguye kwakira ibiri buve mu matora kuko nk’umudemokarate niteguye gutsinda cyangwa gutsindwa ariko mfite icyizere cyo gutsinda. Porosedire yose yagenze neza ndizera ko n’ubundi bigenda neza.”

Ni hafi 10:20, Ikiganiro n’abanyamakuru kirahumuje, ishuti za Habineza ziramusuhuza baganiriye akanya gato, we na Madamu we ndetse n’ubacungiye umutekano basubiye mu modoka basohotse kuri Site y’itora.

Umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije –DGPR, atangaza ko afite icyizere cyo gutsinda aya matora kingana na 55%, kuko ibiva mu matora bizera ko biraba ari byiza.

Rene Anthere

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye ibikubiye muri politiki y’imisoro ivuguruye, igaragaza ko izi mpinduka ari izigamije gushyira mu bikorwa gahunda ya 2 y’Igihugu yo kwihutisha...

Amakuru

Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije ababuriye ababo mu mpanuka y’imodoka yahitanye abantu 20 abandi barenga 30 bagakomereka. Iyi mpanuka yabaye ku wa Kabiri, tariki 11...

Amakuru

Panorama Umuryango FPR Inkotanyi ukomeje amatora mu nzego ziwugize, ubu akaba ageze ku rwego rw’Intara n’Umujyi wa Kigali, aturutse ku mudugudu. Aya matora atandukanye...

Amagare

Tour du Rwanda igiye gukinwa ku nshuro ya 17 kuva ibaye mpuzamahanga no ku nshuro ya karindwi kuva igiye ku rwego rwa 2,1. Izatangira...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities