Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Haïti: Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bambitswe imidari y’ishimwe

Abapolisi b'u Rwanda bambikwa imidari y'ishimwe

Abapolisi b’u Rwanda ijana na mirongo ine bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye mu gihugu cya Haïti buzwi nka United Nations Mission for Justice Support in Haïti (MINUJUSTH), ku itariki 3 Nyakanga 2018, bambitswe imidari mu rwego rwo kubashimira kuba buzuza neza inshingano zabo.

Nk’uko tubikesha Polisi y’u Rwanda, igikorwa cyo kwambika imidari aba bapolisi  bagize Umutwe wa munani w’Abapolisi b’u Rwanda boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu (Rwandan Formed Police Unit 8), bayobowe na Assistant Commissioner of Police (ACP) Yahaya Kamunuga,  cyabereye ku Cyicaro cyabo; ahitwa Jeremie.

Mu byo abambitswe imidari bakoze, kandi bakomeje gukora harimo guhosha imyigaragambyo (igihe ibaye), kurinda ibikorwa bikomeye n’ibikorwaremezo, kurinda no guherekeza Abakozi b’Umuryango w’Abibumbye bari mu kazi, no gutabara abari mu kaga. Bakora kandi ibindi bikorwa byiyongera ku nshingano zabo z’ibanze zo kubungabunga umutekano nk’uko inshingano zabo zibiteganya.

Abafashe ijambo muri uwo muhango bibanze ku ruhare rw’Abapolisi b’u Rwanda mu kugarura amahoro no kubungabunga umutekano muri iki gihugu; ndetse n’ibikorwa byabo bigamije iterambere ryacyo n’abagituye mu myaka umunani u Rwanda rutangiye kohereza Abapolisi muri iki gihugu.

Mu mwaka wa 2010 ni ho rwahohereje umutwe wa mbere w’Abapolisi (RWAFPU 1) ubwo iki gihugu cyahuraga n’Ibiza birimo Umutingito ukomeye, Umuyaga ukaze n’Inyuzure byahitanye abasaga ibihumbi ijana, bivana mu byabo abarenga Miliyoni eshatu, bikomeretsa abatari bake; byangiza, ndetse bisenya ibikorwaremezo n’ibikorwa byinshi by’iterambere; binasiga iheruheru benshi.

Umushyitsi Mukuru muri uyu muhango yari Commissioner of Police (CP) Brig. Gen Georges-Pierre Monchotte. Witabiriwe kandi n’Abayobozi mu nzego zitandukanye muri iki gihugu.

Mu ijambo rye, CP Monchotte yagize ati “Twahuriye aha uyu munsi kugira ngo tubashimire ku mugaragaro kuba mwuzuza inshingano zanyu neza nk’uko Amabwiriza y’Umuryango w’Abibumbye abiteganya. Mbashimiye mu izina ry’Umuryango w’Abibumbye, mu izina rya MINUJUSTH; ndetse no mu izina ryanjye bwite.”

Yagize kandi ati,”Imidari mwambitswe ni igihamya ko mukora kinyamwuga. Mukomeze kurangwa n’imikorere izira amakemwa. Ibi bibahesha ishema ubwanyu; bikanahesha ishema  Igihugu cyanyu (U Rwanda); ariko na none bihesha ishema Umuryango w’Abibumbye.”

Ibindi CP Monchotte yashimiye Abapolisi b’u Rwanda harimo kuba bakora ibikorwa bitandukanye bigamije guteza imbere abatuye aho bakorera. Muri byo atanga urugero rwo kwifatanya na bo mu bikorwa by’imiganda rusange aho basibura imihanda yangijwe n’ibiza, gutema ibihugu byegereye amazu mu rwego rwo kurwanya Malaria, kubavura, gufatanya na bo gusana amazu y’imiryango itishoboye, kurihira abana bayikomokamo amafaranga y’ishuri no kubagurira ibikoresho by’ishuri n’ibindi byangombwa nkenerwa nk’impuzankano.

Nk’uko Polisi y’u Rwanda ikomeza ibitangaza, umuhango wo kwambika aba  bapolisi  imidari y’ishimwe wahuriranye n’igikorwa cyo gutaha ku mugaragaro inzu bubakiye umwe mu miryango itishoboye utuye muri aka gace ka Jeremie.

Ibyubatse iyi nzu y’umwe  mu miryango yasenyewe n’inkubi y’Umuyaga ukaze  wayogoje iki gihugu mu mwaka wa 2016, byavuye mu nkunga yatanzwe n’uyu mutwe w’Abapolisi b’u Rwanda (RWAFPU8).

Umuryango wubakiwe inzu washimye uyu mutwe w’Abapolisi b’u Rwanda ku bw’iki gikorwa. Umukuru wawo (Amazina ye yagizwe ibanga) yagize ati,”Akantu twabagamo kari kaduteye impungenge kuko kashoboraga kugurukanwa n’umuyaga isaha iyo ari yo yose; kandi usibye n’ibyo kari kabi . Iyi nzu nziza mutwubakiye tubijeje ko tuzayifata neza kuko ari urwibutso njye n’Umuryango wanjye tuzahora tubibukiraho.”

Mu byishimo byinshi yagize kandi ati “Ubu koko twongeye kugira inzu! Mu izina ry’Umuryango wanjye ndabashimiye mbivanye ku mutima kuba muzirikana abatishoboye nkatwe. Sinabura kandi gushima Ubuyobozi bw’Igihugu cyanyu  n’ubwa Polisi y’u Rwanda kubera ko mpamya ntashidikanya ko ari bwo bubatoza uyu muco w’ubugiraneza.”

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities