Connect with us

Hi, what are you looking for?

Ibikorwaremezo

Haracyari imbogamizi mu kubyaza umusaruro amazi yo munsi y’ubutaka

Ikigo gishinzwe Umutungo Kamere w’Amazi kiratangaza ko hakiri imbogamizi zituma amazi yo mu nda y’isi atabyazwa umusaruro.

Izo imbogamizi zirimo kuba bimwe mu bikorwa bya muntu, ibikoresho by’ikoranabuhanga byo gusuzuma aho ayo mazi aherereye bikiri bike n’ibindi.

Iki kigo kivuga ko kubera ko aya mazi ari meza kandi akaba afite akamaro, kirimo gukora inyigo ku buryo ahari amazi hose hamenyekana akabyazwa umusaruro.

Remy Norbert Duhuze ushinzwe ubwiza n’ubwinshi bw’amazi muri iki kigo avuga koimwe mu mbogamizi aya mazi akunze guhura na yo ni ukwanduzwa kubera ko ibikorwa bya muntu byanduza ariya mazi yo hejuru y’ubutaka, uko agenda amanuka yinjira mu butaka na yo akaba yakwanduza ayo asanzwemo. Noneho igihe turi kuyapompa tukaba twazana amazi adasa neza.”

Mu zindi mbogamizi bahura na zo, agaragaza ko harimo “kuyageraho no kuyazamura, ahanini bisaba ubumenyi, ibikoresho ndetse rimwe na rimwe hagakenerwa ibikoresho by’ikoranabuhanga kugira ngo tumenye aho ari n’ingano yayo. Usanga hari aho tutamenya ko ahari, cyangwa se niba anahari tutazi uko angana.”

Duhuze ashimangira ko amazi yo munsi y’ubutaka ari yo meza kurusha ayo hejuru yabwo, bityo yose akwiye kubungwabungwa.

Yagize ati Icya mbere amazi yo munsi y’ubutaka usanga ku bwiza aruta ayo hejuru y’ubutaka. Ubu muri iyi minsi ni naho twibanze, turimo gukora inyigo ku ntara y’Iburasirazuba ndetse n’amayaga.”

Impamvu bahisemo utu duce twombi, avuga ko ari uko abahatuye bakunda kugira ibibazo byo kubura amazi.

Ati: “Tuyabonye no kuyakoresha byafasha abaturage kuko murabizi ko bakenera kuhira kurusha ibindi bice. Navuga ko rero ubu tutarabona imibare yuzuye ivuga ngo aha niba ari menshi. Ariko ku nyigo twatangiye, cyane cyane Iburasirazuba bigaragaza ko amazi ahari, akagenda arutanwa.”

Iki kigo gisaba abaturage kwitwararika bakareka kumena imyanda no kumena amazi yanduye aho babonye hose kuko amanuka mu butaka mu gihe ahuye n’aya mazi yo munsi y’ubutaka akayanduza.

MUNEZERO JEANNE D’ARC

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Izindi wakunda

PanoramaTV Rwanda

https://www.youtube.com/watch?v=BgBhZVIypEs

Click here to Follow our YouTube Channel

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities

Copyright © 2021 Panorama.