Connect with us

Hi, what are you looking for?

Ibitekerezo

Hari abashobora gufungirwa itumanaho burundu

Panorama

Urwego ngenzuramikorere (RURA), ku wa 20 Kanama 2024 rwashyize hanze itangazo rikubiyemo amabwiriza ajyanye no guhangana n’abiba bitwikiriye ikoranabuhanga. Mu kurwanya ubwo bujura hari abantu bazajya bafungirwa Simukadi burundu.

Ingingo ya kabiri y’iryo tangazo igira iti “Simukadi izajya igaragara mu bikorwa by’ubujura, cyangwa mu bindi byaha, izajya ivanwa ku murongo hamwe n’izindi Simukadi zose zibaruye ku ndangamuntu ya nyira yo.”

Iri tangazo RURA irishyize ahagarara nyuma y’uko hari abantu benshi bahamagarwa babwirwa ko hari ibigo by’itunamaho bishaka kugura aho bashyira iminara y’itumanaho, abandi bakabwirwa ko bibeshye bakohererezwa amafaranga, urangaye bakamwiba n’ibindi byinshi. Hari kandi n’abakora amakosa bakiba amafaranga yabayobeyeho, abandi bakabeshya aba agents bakabambura.

Ikintu gikomeye kiri muri iri tangazo RURA yasohoye, ni ibyaha bindi bishobora gufungisha Simukadi. Ibi byaha ntibigeze bagaragaza ibyo ari byo kuko batanigeze bavuga ko byaba bifitaye isano n’ubujura.

Abakora isesengura baganiriye na Panorama, bavuga ko RURA idakwiye kujya ifata icyemezo cyo gufunga Simukadi y’umuntu bamushinja ibikorwa by’ubujura bitemejwe n’urwego rubifitiye ububasha. Atari ibyo RURA yaba yihaye ububasha butari ubwayo.

“RURA ikwiye kujya ikorana n’Ubugenzacyaha, Ubushinjacyaha n’Inkiko, hanyuma gufunga Simukadi bigashingira ku cyemezo cy’urukiko. Bitagenze bityo RURA yihaye ububasha butari mu nshingano zayo kuko atari urukiko. Icyakora nk’Urwego rugenzura imikorere y’imirimo ifitiye igihugu akamaro, haramutse hari Simukadi ikekwaho gukoreshwa mu bujura, hagombye kubaho guhagarikwa kw’igihe gito, igihe urukiko rutafata umwanzuro na bwo inzira z’ubutabera zarangiye zose.”

Ku bijyanye n’ibindi byaha RURA ivuga ko bishobora gufungisha Simukandi, bavuga ko na byo byagombye kugaragazwa kuko hari abashobora kubigira urwitwazo bagahohotera abandi babafungira Simukadi.

“Ibi byaha na byo bikwiye gusobanuka kandi bikaba bikurikije amategeko hari n’ingingo zibihana. Umuntu utahamwe n’icyaha kandi bitari no mu mwanzuro w’urukiko ntakwiye gufungirwa Simukadi. Ibindi byaha bivugwa muri ir tangazo bikwiye kugaragazwa, ntibijwe mu bushishozi bw’ubutabera ahubwo bishingire ku mategeko.”

RURA iributsa abantu bose kugenzura imikoreshereze ya Simukadi zabo no kwibaruzaho izitabaruye ku ndangamuntu zabo. Umuntu ubwe ashobora kugenzura Simukadi zimubaruyeho akoresheje *125#, agakurikiza amabwiriza.

Ivuga kandi ko ugize ikibazo ashobra guhamagara ku 100 cyangwa akitabaza ikigo abereye umufatabuguzi kimwegereye.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Football

Ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri BK Premier League yashyizwe ahagaragara, aho umukino uzahuza APR FC na Rayon Sports uteganyijwe ku munsi wa cyenda...

Uburezi

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yasabye ababyeyi gutangira hakiri kare gutegura ibikoresho by’abana, mu rwego rwo kubafasha gutangira umwaka w’amashuri wa 2026-2027 biteguye...

Politiki

Abantu 59 ni bo bamaze gutanga kandidatire zo guhatanira umwanya umwe w’umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda wasizwe na Depite Icyitegetse weguye kuri...

Urubyiruko

Umuyobozi ushinzwe Ubumwe n’Ubudaheranwa muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Kayumba Uwera Marie Alice, yasabye urubyiruko kwifashisha ubumenyi n’ubuhanga rwakuye mu mashuri, rukabuhuza n’indangagaciro...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities