Connect with us

Hi, what are you looking for?

Football

Igikombe cy’Isi 2022 cyinjije hafi inshuro ebyiri z’ingengo y’imari y’u Rwanda

Perezida wa FIFA, Gianni Infantino atangaza ko binjije arenga miliyali indwi na miliyoni 500 z’amadolari y’Amerika

Nyuma y’iminsi mike imikino ya nyuma y’igikombe cy’isi mu mupira w’amaguru yaberaga muri Quatar isojwe, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi -FIFA ryatangaje ko ryinjije arenga miliyari ugereranyije n’igikombe cy’Isi cyo mu 2018.

Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA, Bwana Gianni Infantino, yagaragaje ko mu gihe kingana n’imyaka 4 kuva mu 2018 batangira kugitegura kugeza mu 2022 gisojwe binjije miliyari 7 na miliyoni 500 z’amadolari ya Amerika, ni ukuvuga angana hafi ni inshuro ebyiri z’ingengo y’imari y’u Rwanda y’umwaka wa 2022-2023, ingana na Miliyari 4,658 z’amafaranga y’u Rwanda.

Ayo rero uyagereranyije nayo binjije mu gikombe cy’isi cyo mu Burusiya hiyongereyeho miliyali y’amadolari aho icyo gihe kuva 2014 kugeza 2018 hinjiye miliyari 6 na miliyoni 500 z’amadolari y’Amerika

Mu magambo ye, Infantino agira ati “Ntewe ishema no kubabwira ko mu mateka y’igikombe cy’isi, bwa mbere twinjije amafaranga miliyali indwi na miliyoni 500 z’amadolari y’Amerika. Ibi bikaba ari ingenzi cyane kuri twe nka FIFA ndetse na Quatar yo yakiriye imikino n’abaterankunga bose twabanye muri uru rugendo. Sibyo gusa kandi ndashima abakunzi ba ruhago ku rwego rw’isi kuko nibo batuma ibi bishoboka”.

Kugira ngo FIFA yinjize akayabo k’amafaranga angana atyo byaturutse mbere na mbere ku bufatanye n’ubwitange buziguye bw’igihugu cya Quatar, aho yizaniye abaterankunga bakomeye nka Quatar Energy, Banki y’igihugu QNB n’Ikigo cy’itumanaho cya Ooredoo. FIFA yo yazanye abaterankunga nka Crypto na Algoraland.

Ibijyanye n’uburenganzira bwo kwerekana imikino ku mateleviziyo na byo biri mu by’ingenzi byinjirije FIFA mu gihe cy’igikombe cy’isi. Iryo soko mu 2011 ryari ryaregukanwe n’Ikigo cy’igihugu cy’itumanaho n’itangazamakuru cya Quatar BeIN Sports na Televiziyo y’abanya- Amerika Fox, aho ibyo bigo byombi byatanze agatubutse muri FIFA.

Mu mafaranga FIFA yari yakuye mu baterankunga n’uburenganzira bwo kwerekana imikino nayo yagombaga kwishyura amafaranga y’ibihembo ku makipe yitabiriye igikombe cy’isi, aho arenga miliyoni 440 z’amadolari y’Amerika zatanzwe mu bihembo by’umwihariko, miliyoni 44 zahawe Argentina nk’abatwaye igikombe. Si ibyo gusa kandi hiyongeraho gucumbikira abantu, kubagaburira no kwishyura amafaranga y’ingendo ku makipe 32 yitabiriye imikino.

Mu gihe igikombe cy’Isi cya Quatar, kirangiye hatangiye gutekerezwa ku gikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexico, aho mu mibare ya FIFA hitezweko ko izaca agahigo hakinjizwa agera miliyari 10 z’amadolari ya Amerika, bitewe n’impamvu zirimo ko kizakinwa n’amakipe menshi 48 ugereranyije na 32 yari asanzwe kandi kizabera mu mijyi 16 itandukanye kandi minini n’izindi nyinshi.

Amen Dider

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Panorama Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, agaragaza ko Ibihugu byibumbiye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba -EAC n’ibiri mu wa Afurika y’Amajyepfo -SADC, ko umutekano...

Ibikorwaremezo

Guverinoma y’u Rwanda yatangije imishinga ibiri irimo uwo kunoza ubwikorezi mu Mujyi wa Kigali wiswe ‘Kigali Urban Transport Improvement Project (KUTI)’, ahazagurwa ibice by’ingenzi...

Football

Panorama Nyuma y’uko hari abaguze amatike yo kureba umukino wahuje ikipe y’Igihugu y’u Rwanda (Amavubi) n’iya Nigeria (Super Eagles) ariko ntibabone uko binjira muri...

Amakuru

Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wakoreye ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda ndetse na mpuzamahanga, amakuru y’uko yatabarutse yamenyekanye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatandatu tariki...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities