Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Imisoro ku itabi n’inzoga n’inzoga yatumbagiye

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye ibikubiye muri politiki y’imisoro ivuguruye, igaragaza ko izi mpinduka ari izigamije gushyira mu bikorwa gahunda ya 2 y’Igihugu yo kwihutisha iterambere NST2. Itabi n’inzoga imisoro yatumbagiye na ho imidoka zikoreshwa n’amashanyarazi zinjizwa mu misoro bitewe n’igihe zakorewe.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, ku wa 11 Gashyantare 2025, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yavuze ko kuvugurura politiki y’imisoro ari ibigamije gufasha Igihugu muri rugendo rw’iterambere rwubakiye kuri gahunda ya NST2.

Mu mpinduka zabayeho ni, umusoro ku itabi wavanwe ku 130 Frw ugera kuri 230 Frw ku ipaki y’itabi, mu gihe itabi rigurishwa ukwaryo riziyongeraho 36%, mu gihe umusoro ku binyobwa bisindisha uzava kuri 60% ukagera kuri 65% ku giciro cy’uruganda.

Minisitiri Murangwa agaragaza ko izi mpinduka mu misoro ndetse n’amahoro zashyizweho, zitazahungabanya ibiciro ku masoko ndetse agaragaza ko aho bishobora ingaruka ku muguzi wa nyuma Leta yiteguye gushyiraho uburyo bumworohereza.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, atangaza ko uku gushyiraho imisoro mishya ndetse no kuzamura iyari isanzweho ari ibiba bigamije kwishakamo ubushobozi nk’igihugu.

Mu zindi mpinduka harimo n’imisoro ku modoka zikoresha ibikomoka kuri peteroli n’amashanyarazi (Hybrid Vehicles) aho izizajya zinjira mu gihugu zizajya zisoreshwa bigendeye ku myaka zakoreweho hagamijwe kurengera ibidukikije.

Itangazo rya Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ryagaragaje n’izindi mpinduka zirimo nk’umusoro ku makarita yo guhamagara uzava ku 10% mu 2024/2025, ukagera kuri 15% mu myaka itatu iri imbere, ndetse hakaba hashyizweho n’amahoro mashya ku bukerarugendo angana na 3% azongerwa ku giciro cy’icyumba cya hotel hagamijwe guteza imbere uru rwego.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ibidukikije

Umushinga Green Amayaga watangije ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa byawo, aho uteganya kwagura ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije, kurwanya isuri no guteza imbere ubuhinzi...

Ubuzima

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye ibihugu bya Afurika kuva ku mihigo n’amasezerano yanditse bikibanda ku bikorwa bifatika, by’umwihariko mu guteza imbere...

Football

Panorama Sports Ikipe ya APR F.C yitegura imikino itandukanye mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/27 yamaze kongera amaraso mashya mu batoza bayo, aho yongereyemo...

Football

Ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri BK Premier League yashyizwe ahagaragara, aho umukino uzahuza APR FC na Rayon Sports uteganyijwe ku munsi wa cyenda...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities