Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Kanombe: Umusirikare mukuru w’umuganga yakubise umwana amumaramo umwuka

Mbarushimana Theogene wishwe na Maj Dr Aimable Mupenzi

Major Dr Aimable Rugomwa, ukorera mu bitaro bya gisirikare i Kanombe, ku cyumweru tariki ya 4 Nzeri 2016, yakubise umwana w’umuhungu w’imyaka 19 kugeza amumazemo umwuka.

Iki cyaha cyabereye mu kagari ka Rubirizi, umurenge wa Kanombe aho Maj Dr Rugomwa atuye. Umuvugizi w’igisirikare cy’u Rwanda akaba yatangarije itangazamakuru ko uwo musirikare yahise atabwa muri yombi.

Uyu mwana wakubiswe kugeza apfuye yigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye, Maj. Dr Rugomwa bikaba bivugwa ko yamuzizaga ibintu ngo yaba yamwibye mu modoka ye.

Abaturage babwiye itangazamakuru ko uyu musirikare yajyaga akunda kwibwa ibintu mu modoka akavuga ko uzafatwa azahura n’akaga gakomeye.

Bakomeje babwira itangazamakuru ko nta gihamya cyemezaga ko uwo mwana yibye ahubwo ngo yahuye n’uyu mwana, akamukurura akamujyana iwe akaba ari ho amukubitira kugeza amumazemo umwuka.

Uyu mwana ngo akimara gushiramo umwuka, Maj. Dr Aimable Rugomwa yahamagaye umuyobozi w’akagari ka Rubirizi, amubwira ko yishe igisambo ariko ngo ntiyigeze agaragaza ibyo yamufatanye.

Umuvugizi w’igisirikare cy’u Rwanda, Lt Col René Ngendahimana, aganira n’itangazamakuru, yavuze ko ayo makuru akimara kumenyekana, inzego za gisirikare zishinzwe ubugenzacyaha n’ubushinjacyaha zamutaye muri yombi, ubu akaba afunzwe mu gihe iperereza rikomeje ngo hamenyekane byinshi kuri iki cyaha akurikiranyweho.

Uyu mwana yashyinguwe kuri uyu wa kabiri, abanyeshuri biganaga na we n’abarimu bamwigishaga, bahamya ko yari umwana w’intangarugero akaba yari n’umuhanga cyane kuko ari na we wabaga uwa mbere.

Mbarushimana Theogene yashyinguwe kuri uyu wa kabiri tariki ya 6 Nzeri 2016

Mbarushimana Theogene yashyinguwe kuri uyu wa kabiri tariki ya 6 Nzeri 2016. (Photo/Ukwezi)

Inshuti n'abavandimwe basezera ku nyakwigendera Mbarushimana Theogene. Photo/Ukwezi

Inshuti n’abavandimwe basezera ku nyakwigendera Mbarushimana Theogene. Photo/Ukwezi

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities