Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Kimihurura: Intore zisaga 1000 zakuwe ku karubanda

Icyiciro cya mbere cy'Itorero ryo ku mudugudu, Intore zakuwe ku karubanda (Photo/Courtesy)

Umurenge wa Kimihurura, Akarere ka Gasabo, ku wa 2 Nzeri 2017, bungutse abatoza b’intore bashya bagera ku 1005, umusaruro wavuye ku ntore zatorejwe ku rwego rw’umudugudu. Abasoje itorero ryo ku rwego rw’umudugudu bibukijwe ko intore itorezwa gutumwa, basabwa gushyira mu bikorwa amahame y’intore bigishijwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Nyirabahire Languide, yabasabye abasoje itorero gushyira mu bikorwa amahame bigishijwe kandi bibutse bagenzi babo basigaye kuzitabira itorero ritaha.

Ugirashebuja François ni umuturage wo mu mudugudu wa Taba, akagari ka Rugando avuga ko itorero ryamufashije kumenya n’abantu, yiga umuco wo gukunda igihugu no gufatanya n’abandi. Asaba bagenzi be bataragana inzira y’itorero kuryitabira kuko bituma umuntu yumva ko igihugu ari icye.

Gahongayire Illuminée na we yasoje Itorero ryaberaga ku mudugudu, ashima ko yungutse byinshi birimo amahame y’intore, indangagaciro na Kirazira ndetse n’amateka y’igihugu.

Agira ati “Nashimishijwe no kwiga umwiyereko, ntahanye ko mu bibazo duhura na byo tugomba kwishakamo ibisubizo, kubera abandi urugero no kuba inyangamugayo. Mu itorero umuntu yunguka byinshi birimo kumenya icyerekezo cy’igihugu, umuntu arafunguka ntatinye n’uko yakwitwara mu bandi.”

Intore zinjijwe mu zindi ni izo mu tugari twa Rugando, Kimihurura na Kamukina twose tugize umurenge wa Kimihurura, twatanze abatoza b’intore bashya basaga 1000.

Panorama

Intore zinjijwe mu zindi zahawe icyemezo cy’abatoza b’intore (Photo/Courtesy)

Intore zinjizwa mu zindi (Photo/Courtesy)

Intore zimaze kwinjizwa mu zindi zagize ubusabane (Photo/Courtesy)

Intore zimaze kwinjizwa mu zindi zahawe icyemezo cy’abatoza b’intore (Photo/Courtesy)

Intore zimaze kwinjizwa mu zindi zikuwe ku karubanda (Photo/Courtesy)

 

 

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities