Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amategeko

Kimihurura: Umugabo afunzwe akekwaho kwiyitirira inzego za Leta

Polisi y’u Rwanda dukesha aya makuru itangaza ko uwitwa Shyaka Denis afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera, mu karere ka Gasabo akekwaho kwiyitirira inzego za Leta akambura abantu amafaranga abizeza kubashakira akazi; abandi akababeshya ko azabavuganira ku bagatanga.

Uyu mugabo w’imyaka 36 y’amavuko  yafatiwe mu cyuho ku wa kabiri tariki 12 Werurwe 2018,  amaze kwakira ibihumbi mirongo itanu by’amafaranga y’u Rwanda by’umwe mu bo yatekeye iyo mitwe amwizeza akazi k’Ubushoferi.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Senior Superintendent of Police (SSP) Emmanuel Hitayezu yavuze ko yafatiwe  mu kagari ka Kamukina, mu murenge wa Kimihurura biturutse ku makuru yatanzwe na bamwe mu bo yabikoreye yiyita umukozi  w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB).

SSP Hitayezu yavuze ko Polisi  ifata Shyaka yamusanganye impapuro zanditseho imyirondoro y’abantu yabeshye ko arimo  kubashakira akazi.

Yongeyeho ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane niba hari abandi Shyaka yambuye amafaranga muri ubwo buryo, umubare w’ayo bamuhaye cyangwa yabatse; ndetse asaba abo yaririye amafaranga gutanga ikirego kuri  Sitasiyo ya Polisi ibari hafi.

Yagize ati “Ni ngombwa gushishoza kugira ngo hatagira uribwa utwe na ba Rutemayeze nk’aba. Abiyitirira inzego za Leta, izikorera ndetse n’Imiryango itandukanye bagakora ibinyuranyije n’amategeko birimo kwambura abandi amafaranga bakoresheje uburiganya bw’uburyo butandukanye, bamenye ko bitazabahira. Ababikora baragirwa inama yo kubireka.”

SSP Hitayezu yibukije ko akazi ka Leta gatangwa mu buryo bukurikije amategeko;kandi ko  bikorwa mu mucyo. Yagize ati “Umuntu umwe ntafite ububasha bwo gutanga akazi ka Leta. Uwagira icyo asaba abantu abizeza kukabaha cyangwa kukabahesha aba abeshya; aba ari Umutekamutwe ushaka gucuza abantu utwabo.”

Yashimye abatanze amakuru yatumye  Shyaka afatwa, aboneraho gusaba abatuye Umujyi wa Kigali gutanga ku gihe amakuru  yatuma hakumirwa icyahungabanya umutekano.

Ingingo ya 318 y’Igitabo cy’Amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ko umuntu wese, abigiriye kwambura ikintu icyo ari cyo cyose cy’undi, agatuma bakimuha ari uko akoresheje amayeri y’ubwambuzi, wiyitirira amazina atari yo cyangwa imirimo adafitiye ububasha cyangwa agira ngo yizeze icyiza cyangwa atinyishe ko hari ikizaba kibi maze akambura undi imari ye yose cyangwa igice cyayo, ahanishwa igifungo kuva ku myaka itatu (3) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva kuri miliyoni eshatu (3.000.000) kugeza kuri miliyoni eshanu (5.000.000).

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities