Connect with us

Hi, what are you looking for?

Ubuzima

Kudasinzira bigira ingaruka zitandukanye ku buzima bwa muntu

Kubura ibitotsi bishobora kugira ingaruka zikomeye ku mubiri, no ku mitekerereze. Iyo umaze ijoro udasinziriye bikwiye, umunsi ukurikiyeho wirirwa unaniwe, ufite umujagararo mu mutwe.

Kudasinzira cyangwa kubura ibitotsi ni ijambo rusange, risobanura ingano idahagije cyangwa ibyiza byo gusinzira, harimo iyo umuntu asinziriye abishaka cyangwa atabishaka agasinzira akizigura, bifite injyana cyangwa se akabura ibitotsi.

Ikigereranyo cyakozwe kigaragaza ko umuntu 1 mu bantu 3, adasinzira bihagije. Ingano ikwiye yo gusinzira ibarwa uvuye ku muntu umwe ujya ku wundi, bityo Ikigo gishinzwe kugenzura indwara no kuzirinda ‘Centers for Disease and Prevention_CDC’ kigira inama abantu bakuru, yo gusinzira nibura amasaha 8 mu ijoro.

Nkuko urubuga ‘Medical news today’ rubitangaza, guhagarika incamake y’ibikubabaza byatuma udasinzira, bishobora gutuma udahura n’ingaruka, ziboneka iyo wabuze ibyiza by’ibitotsi; ibikugiraho ingaruka no mu gukora akazi cyangwa kwiga, ndetse n’ubushobozi bwo gukora umunsi ku munsi, ibyiza by’ubuzima karemano n’ubuzima burwara.

Dushimimana Felix, wakurikiranye amasomo yo kujya inama n’imitekerereze ya muntu, avuga ko ibintu byinshi bishobora gutera kudasinzira ari bimwe, mu bintu biba ku bantu ntibabyiteho.

Ati “Gutekereza cyane ni kimwe mu byo abantu batajya batekereza, ko cyababuza gusinzira kuko bafashe umwanya munini, batecyereza cyane ku bintu badafitiye ibisubizo, bikagira uruhare gusinzira kwawe. Kandi birashoboka ko ubwonko bumenya igikorwa kimwe, nko kuva ku kazi, kurya no kuryama; amaherezo ugasanga ubwonko buhuye n’umunaniro, kubera gukora ibintu bimwe, ibishobora kugira ingaruka ku mubiri, kuko uba ukeneye impinduka.”

Zimwe mu mpamvu zibuza gusinzira

Umukozi mw’ivuriro ‘Remera Technology Clinic_TCM’ mu Ishami ryo kugorora ingingo hakoreshejwe uburyo karemano, Karangwa Celestine, yavuze ko gukoresha ibikoresho by’ikoranabuhanga mu buriri, cyangwa ukabigumisha hafi yawe igihe ugiye kuryama, ari imwe mu mpamvu ituma umuntu adasinzira.

Agira ati “Abantu benshi, urugero nk’abagumana amatelefone yabo mu gihe bagiye mu buriri, cyangwa bamwe bagahitamo kurebera amafilime kuri za mudasobwa zabo zigendanwa, mu buriri kandi imibiri yabo iba ikeneye kuruhuka, itaba ikeneye ibyo; bigatuma imibiri yabo ikomeze gukora kandi yari igiye kuruhuka, ibituma bagasinzira.”

Ni izihe ngaruka zo kudasinzira?

Urubuga ‘Medical news today’ rutangaza ko kudasinzira neza, bigira ingaruka mu ngeri zitandukanye z’ubuzima, harimo kugabanuka k’ubudahangarwa bw’umuburi. Ibishobora gutuma umuntu yatakwa n’indwara z’ubuhumekero, guhindagurika kw’ibiro, kurwara indwara z’umutima, kwiyongera no kugabanuka kw’imisemburo imwe n’imwe, imikorere itari myiza y’ubwonko; ndetse no guhindagurika kw’ikigero cy’imyororocyere, y’umuntu uri mu gihe cyo kubyara.

N’ubwo ibitera umuntu kudasinzira ari byinshi mu buryo butandukanye, kubyirinda birashoboka, ukabasha kubona ibitotsi bikwiye, ugusinzira neza umubiri ukaruhuka.

Ibi birashoboka cyane, iyo umuntu akurikije inama zikurikira:

  • Gushyiraho igihe gihoraho cyo kuryama no kubyuka,
  • Kwirinda kuraza ibikoresho by’ikorababuhanga iruhande rwawe,
  • Kuruhuka bihagije, ntiwumve ko kubura ibitotsi bizacyemurwa n’imiti yo kwa muganga,
  • Gukora imyitozo ngororamubiri nibura 2 mu cyumweru, kandi nturengere, …

RUKUNDO Eroge

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Izindi wakunda

Amakuru

Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatwaye ubuzima bw’abasaga miliyoni, isenya igihugu ndetse isigira abayirokotse ibikomere byo ku mubiri n’ibyo ku mutima ku buryo urugendo...

Amakuru

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe kugenzura Imiturire mu Rwanda, RHA, Rukaburandekwe Alphonse, yavuze ko Leta yatangiye kubarura inzu zayo zidakoreshwa mu kureba uko zishobora kubyazwa umusaruro....

Amakuru

Umuraperikazi Abayizera Marie Grace uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka Young Grace yatangaje ko agiye gushyira hanze album ye ya gatatu amaze igihe atunganya. Ni...

Amakuru

Amakuru dukesha RBA ni uko Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bwasabye imiryango 36 ituye mu nkengero z’umusozi wa Muko uri mu Murenge wa Bugarama kwimuka...

PanoramaTV Rwanda

https://www.youtube.com/watch?v=BgBhZVIypEs

Click here to Follow our YouTube Channel

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities

Copyright © 2021 Panorama.