Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

#Kwibuka30: Urubyiruko rusabwa guhangana n’abahakana bakanapfobya Jenoside bifashishije ikoranabuhanga

Rukundo Eroge

Urubyiruko rw’u Rwanda rusabwa gukomeza kurangwa no guhangana n’abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse n’abifashisha ikoranabuhanga bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iyi ngingo Depite Uwamariya Veneranda yayigarutseho ku wa 22 Mata 2024, mu karere ka Gisagara mu murenge wa Kibilizi, mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu rwibutso rwa Kibilizi hanashyinguwe mu cyubahiro imibiri 7 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yabonetse.

Depite Uwamariya agira ati “Kuri ubu urubyiruko ni 65% by’abaturage. Mukomeze murwanye ingengabitekerezo ya Jenoside mukoresheje imbugankoranyamabga, munyomoze abashaka kugoreka amateka. Dukomeze twubake igihugu kizira ikibi. Jenoside ntizongera kubaho ukundi…”

Visi Perezida wa Ibuka ku rwego rw’Igihugu, Kagoyire Christine, wifatanyije n’Abanyagisagara avuga ko Umuryango Ibuka ushima uruhare rw’abarokotse Jenoside mu kwiyubaka no kubaka Igihugu, asaba buri wese gukomeza kurangwa no kurwanya ikibi.

Agira ati “Dukomeze turangwe n’icyiza. Abazi aho imibiri y’abishwe muri Jenoside iri bahavuge ishyingurwe mu cyubahiro.”

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara Rutaburingoga Jerome, avuga ko abantu bariho ubu bakwiye kurangwa no gushyigikira gahunda nziza ziriho kugira ngo ibisekuru bizaza bizarusheho kuba mu gihugu cyiza.

Agira ati “Dushyigikire ubuyozi bwacu bwiza na gahunda nziza bufite. Kwibuka ni umukoro twese dufite kugira ngo twubake abana bazira ibibi twabayemo.”

Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kibilizi rwubatse imbere y’ibiro by’umurenge byahoze ari ibya Komini Nyaruhengeri, Superefegitura ya Gisagara, Perefegitura ya Butare, ruruhukiyemo imibiri 2,791.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities