Connect with us

Hi, what are you looking for?

Iterambere

Leta yasabwe kurushaho korohereza abifuza gushora imari mu kubaka amacumbi aciriritse

Abadepite mu nteko Ishinga amategeko basabye leta kurushaho korohereza abifuza gushora imari mu kubaka inzu ziciriritse kandi hakifashisjhwa n’ibikoresho bihendutse byujuje ubuziranenge, kugira ngo iyi gahunda ishobore kugera kuri benshi bayikeneye.

Abadepite bemeza ko ikiguzi cy’inzu zubatswe muri iyi gahunda kinyuranye n’amikoro y’abanyarwanda benshi bakeneye kandi bemerewe kubona izo nzu, nk’uko bitangazwa na Perezida wa Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije mu Nteko Ishinga amategeko Depite Kayumba Uwera Marie Alice.

Nk’uko RBA dukesha iyi nkuru ibitangaza, bamwe muri ba rwiyemezamirimo bashoye imari mu kubaka amacumbi aciriritse bavuga ko bahuye n’imbogamizi zitandukanye kugeza ubwo bamwe bahagarika ibyo bikorwa kubera impamvu zirimo gutinya ibihombo n’izamuka ry’ibiciro by’ubutaka n’ibikoresho by’ubwubatsi.

Minisitiri w’Ibikorwa remezo Dr. Nsabimana Erneste, avuga ko uretse ba rwiyemezamirimo bagize ubushobozi buke, hari n’abaje muri iyi gahunda yo kubaka inzu ziciriritse badafite amakuru ahagije bituma badashobora kuzuza ibisabwa byose, ibintu byatumye leta yisubiza bumwe mu butaka yari yahaye abo bashoramari kuko batashoboye kububyaza umusaruro.

Mu bindi byadindije iyi gahunda harimo ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire kitashoboye kubyaza umusaruro ubutaka buherereye mu turere twa Gasabo na Kicukiro.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiturire cyari cyabonye ubutaka bwa hegitari 38 bufite agaciro ka miliyari zisaga enye z’amafaranga y’u Rwanda.

Minisitiri Nsabimana avuga ko harimo gutegurwa inyigo izarangira mu kwezi kwa Kanama uyu mwaka, izagaragaza uruhare rwisumbuye Leta izagira muri iyi gahunda, aho hazubakwa inzu zikodeshwa zishobora kwigonderwa na buri wese kugeza ku mukozi uhembwa 60,000Frw ku kwezi.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Izindi wakunda

PanoramaTV Rwanda

https://www.youtube.com/watch?v=BgBhZVIypEs

Click here to Follow our YouTube Channel

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities

Copyright © 2021 Panorama.