Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Martin Ngoga yinjiye mu kanama k’imyitwarire muri FIFA

Martin Ngoga yatorewe kuba mu kanama gashinzwe imyitwarire ka FIFA (Photo/Courtesy)

Ngoga Martin wari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) kuva mu 2015, yamaze kwemezwa n’inteko rusange ya 67 y’Ishyirahamwe ry’umupira w’amagaru ku Isi (FIFA), nk’umwe mu bagize akanama karyo gashinzwe imyitwarire.

Ngoga yari yatanzwe nk’umukandida ku mwanya wo kuba Visi Perezida w’akanama gashinzwe gukora iperereza ku bintu bitandukanye bireberwa na FIFA, kuri uyu wa kane tariki ya 11 Gicurasi 2017, yemejwe n’inteko rusange yateraniye i Bahrain.

Nyuma yo gutorerwa uyu mwanya, abicishije kuri Twitter ye, Ngoga yagize ati “Nishimiye kuba umwe mu bagize komite ishinzwe imyitwarire muri FIFA, nkaba niteguye gutanga umusanzu wanjye mu guteza imbere siporo dukunda.”

Ngoga ni umwe mu bazwi cyane muri siporo by’umwihariko mu mupira w’amaguru, kuko yigeze kuba Visi Perezida w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ubwo ryayoborwaga na Maj. Gen. Jean Bosco Kazura.

Ngoga yavukiye muri Tanzania mu 1968, aba ari na ho yiga amashuri kugeza arangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu ishami ry’amategeko.

Yakoze nk’uwimenyereza umwuga muri Minisiteri y’ubutabera ya Tanzania no mu biro by’Umushinjacyaha mukuru w’icyo gihugu.

Ageze mu Rwanda, Ngoga yakoze mu Bushinjacyaha bukuru bwa Repubulika mu yahoze ari Perefegitura ya Butare, nyuma yoherezwa guhagararira u Rwanda i Arusha muri Tanzania mu Rukiko rwashyiriweho u Rwanda.

Asoje manda ye muri Tanzania yaje kugirwa Umushinjacyaha mukuru wungirije nyuma yo gutora Itegeko Nshinga mu 2003 no kuvugurura inzego z’ubutabera, nyuma y’imyaka ibiri yongera kugirirwa icyizere na Perezida wa Repubulika, azamurwa mu ntera agirwa Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika y’u Rwanda.

Mbere y’uko Nonga Martin atorerwa kuba Depite mu Nteko ishinga amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yayoboye Komisiyo yashinzwe gucukumbura uruhare rwa BBC ku gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi muri filimi “Rwanda: The Untold Story”.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities