Connect with us

Hi, what are you looking for?

Ibitekerezo

Mu mboni ya Hon. Tito Rutaremara icyo igarurwa rya Patrice Emery Lumumba muri DRC risobanuye

Abantu batari bake bibaza impamvu nyuma y’imyaka 61, aribwo Ababiligi bafashe icyemezo cyo kugarura iryinyo rya Patrice Emery Lumumba ndetse n’icyo bivuze. Dr Tito Rutaremara avuga ko ari ukwibutsa Abanyekongo ko igihugu cyabo kitaribohora ndetse n’Abanyafurika ko Afurika itaribohora.

Abinyujije ku rukuta rwe twa Twitter, Hon. Dr Tito Rutarema, Umuyobozi w’Urubuga Ngishwanama rw’Inararibonye z’u Rwanda, “REAF” (Rwandan Elders Advisory Forum/ Forum Consultatif des Sages Rwandais), yagaragaje icyo bisobanuye agira ati:

“KUBA ABABILIGI BAGURUYE PATRICE ÉMERY LUMUMBA NYUMA Y’IMYAKA 61, BIVUZE IKI? PATRICE ÉMERY LUMUMBA yari nationalist, yakundaga igihugu cye, yashakaga kukibohora, yashakaga guhagarika ba Runyunyuzi bakiryaga, akagiha amajyambere ashingiye kuri science na technology.

Patrice Èmery Lumumba yari panafricanist yashakaga ko ibihugu bitarabona ubwigenge bibugeraho ariko ashaka n’ubumwe bw’Afurika, ashaka kubohora Afurika yose arwanya ba Mpatsibihugu.

Patrice Èmery Lumumba yashakaga ko Afurika itera imbere, bishingiye kuri science na technology Afurika yose igatera imbere ikagira agaciro.

Mpatsibihugu iramutanga, Abanyamerika, Ababiligi na Mobutu baramwica kugira ngo atazaboneka umubiri we bawushyira muri Acide, kugira ngo ibitekerezo bya Patrice Èmery Lumumba bitazagaruka muri Congo n’ahandi muri Afurika bashyizeho Mobutu n’abandi bameze nka we mu bihugu bya Afurika, barwanya ibitekerezo bya Lumumba na Nkrumah.

Nyuma y’imyaka 61 Mpatsibihugu n’Ababiligi bibwiye ko bagaruye iryinyo rya Lumumba gusa, nyamara bagaruye spirit ya Lumumba ije kutwibutsa twese Abanyafurika n’Abanyekongo ko Afurika itaribohora.

Congo ifite Abanyabwenge benshi ikagira n’urubyiruko rushoboye, Lumumba aje kubibutsa ko bakwiye guhaguruka bakabohora Congo nk’uko yari yabitangiye.

Abanyarwanda n’Abanyafurika Lumumba aje kutwibutsa ko dukwiye guhaguruka tukubaka ubumwe bw’Afurika kandi abanyafurika barabishoboye ikibuze n’ubushake

U Rwanda dufite amahirwe ko dufite Umuperesida uri Panafricanist tumujye inyuma yubake u Rwanda afashe n’abandi kubaka Afurika.”

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Izindi wakunda

Ubuhinzi

Bamwe mu bahinzi bahinga imyumbati baravuga ko hashize igihe barabuze imbuto y’imyumbati kubera amikoro make bigatuma badashobora guhinga ubuso bwose bafite. Guverineri w’Intara y’Amajyepfo,...

Amakuru

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 29 Ugushyingo 2023, iyobowe na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yagize Lt Gen (Rtd) Charles Kayonga Ambasaderi w’u Rwanda...

Amakuru

Imiryango 2,400 y’abaturage bo mo karere ka Gisagara mu mirenge ya Kansi na Kigembe yasoje urugendo rwo kwikura mu bukene bukabije, yari imazemo imyaka...

PanoramaTV Rwanda

https://www.youtube.com/watch?v=BgBhZVIypEs

Click here to Follow our YouTube Channel

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities

Copyright © 2021 Panorama.