Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Musanze: Mu rukerera abaturage bari aho bagombaga gutorera

Cyuve, mu rukerera abaturage benshi bari kuri site y'itora (Photo/Scovia)

Mu karere ka Musanze, Umurenge wa  Cyuve, abaturage ibihumbi babyukiye ku biro by’itora kwitorera umukuru w’igihugu. Bifuzaga gutora isaha itaragera ariko abaseseri bababwira ko bidashoboka, ko bitakorwa ubwabo batararahira.

Uyu muhango wabanjirijwe no kurahira kw’abakorererabushake no kwibutsa abatora amazina y’abakandida, n’uburyo bazinga urupapuro mu gihe umaze gutora kugira ngo utaruzinga nabi ijwi ryo watoye rikaba ipfabusa.

Umwe mubyeyi watoye ari uwa mbere, Nyirimandwa Maria, w’imyaka 89 y’amavuko,  avuga ko amaze imyaka  myinshi ariko yishimira gutora uzayobora igihugu akagira icyo amusaba.

Agira ati “gutora uyobora igihugu kuri njye ushaje nsanga ari umurage  w’abana bacu, kandi amatora y’ubu atandukanye n’ayo hambere, kuko uko ingoma zasimburanye narabirebaga. Wasangaga harapfa abantu, abandi  bagahunga, n’ibindi; byari bibi, ariko ubu urabona ko twese twishimira gutora, kandi n’ubwo nshaje n’iyo natabaruka, nagenda nzi ko igihugu n’abana bacu basigaye mu gutowe kutazibagirwa ibyago u Rwanda ihugu kizima  kitagizwe n’amacakubiri.”

Nyirimandwa akomeza avuga ko ari igihugu abantu banganya agaciro. Asaba Perezida wa Repubulika  utowe kutazibagirwa ibyago u Rwanda rwanyuzemo kubera amacakubiri, aho umugabo yicaga umugore we kubera ko badahuje ubwoko, ariko kandi akishimira ko ibyo byose byarangiye.

Agira ati “Abanyarwanda ni abavandimwe, ibyo azabyubake bikomere, ubumwe bube umurage w’u Rwanda.  Ndabisaba buri muyobozi wese watowe azirinde amacakubiri, ni umurage mbahaye.”

Ibibazo byagaragaye kumasite atandukanye ni uko abaturage bibuze kuri lisite y’itora n’aho batorera. Umuyobozi wa site ya Cyuve, ku mashuri ya Gashangiro 2, Niyoyita Anne Marie, yasobanuye ko bafasha abaturage bakabageza mu byumba bagomba gutoreramo, n’ubwo bitoroshye.

Nk’uko bitangazwa na Saleh Nshimiyimana, Umuyobozi wa Komisiyo y’igihugu y’amatora mu turere twa Musanze na Burera, Akarere ka Musanze gafite amasite 72, site ya Gashangiro II, itorerho abaturage 5041.

Mutesi Scovia

Igikorwa cyo gutora kibimburirwa n’irahira ry’abakorerabushake ba Komisiyo y’igihugu y’amatora (Photo/Scovia)

Umukecuru w’imyaka 79, Nyirimandwa Maria, yitabiriye amatora (Photo/Scovia)

Abaturage babanza gusobanurirwa uko bari butore (Photo/Scovia)

 

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities