Connect with us

Hi, what are you looking for?

AMATORA 2018

Musanze-Nyabihu: Kuboneza urubyaro na Serivisi z’ubuzima zinoze bimwe mu byo PL izaheraho

Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa muntu (PL) riravuga ko abakandida baryo nibabasha kwinjira mu nteko ishinga amategeko, bimwe mu byo bazibanda ho n’ukongera serivisi z’ubuzima no gukangurira abatuye Musanze na Nyabihu kugira igenamigambi rihereye ku kuboneza urubyaro.

Ibi byagarutswe ho na Perezida wa PL, Hon. Mukabalisa Donatila, ku wa kane tariki ya 16 Kanama 2018 mu gikorwa cyo kwiyamamaza kw’abakandida b’iri shyaka bashaka amajwi azabafasha  kugera mu nteko ishinga amategeko.

Igikorwa cyabereye mu murenge wa Busogo mu karere ka Musanze kigasorezwa mu murenge wa Bigogwe ho mu karere ka Nyabihu, Hon. Mukabalisa Donatila, yabwiye abatuye aha ko nk’uko igihugu kigira igenamigambi, na bo bakwiye kurigira hitabwa ku kuboneza urubyaro.

Yagize ati “mukwiye kugira Igenamigambi nk’uko igihugu cyibikora, mukavuga muti ‘uyu mwaka tuzakora iki, tuzabyara abana bangahe? Dufitiye ubushobozi’ ariko mukareba niba n’igihugu gifite ubushobozi bwo kubitaho muri serivisi zose. Nimuri urwo rwego nimutora PL, tuzita cyane kuri gahunda yo kuboneza urubyaro kugira ngo murusheho kugira ubuzima bwiza.”

Hon Mukabalisa, Mama Liberal nkuko abarwanashyaka  ba PL bamuhimbye, yanijeje aba baturage ko PL nimara kugera mu nteko izongera ingufu muri serivisi z’ubuzima.

Ati “Nyuma y’uko muhinze mukeza, mukabona umusaruro mwinshi, ariko mukeneye ubuzima bwiza. Tuzongera ingufu muri serivisi z’ubuzima zinoge, twongere ibitaro,  igonderabuzima na za poste de santé, kugira ngo mujye mubona izo servisi bitabagoye.”

Bigendanye n’uko utu turere tuzwiho guhinga no kweramo ibirayi byinshi, PL yijeje aba baturage ko izashyiraho ingamba zo guteza imbere ubu buhinzi bwabo, ibirayi bikazajya bikorwamo nk’ifiriti yakoherezwa mu mahanga, ubundi bagakirigita ifaranga.

Raoul Nshungu

Abaturage beretswe abakandida bari ku rutonde rwa PL.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities