Connect with us

Hi, what are you looking for?

Inkuru nyamukuru

Ngoma: Aborozi bahangayikishijwe n’ibura ry’umusemburo urindisha inka

Iyi nka yo mu murenge wa Rukira ishobora kuba ingumba kubera kubura umusemburo uyirindisha (Ifoto/Theoneste N.)

Aborozi bo mu karere ka Ngoma bahangayikishijwe n’ibura ry’imisemburo  irindisha inka bikaba bibatera ibihombo, igihe inka yagize ibibazo byo gutinda cyangwa kwanga kurinda. Kugira ngo umworozi abone umusemburo bimusaba kujya kuwugura i Kigali, aho umusemburo urindisha inka imwe ugura amafaranga asaga ibihumbi cumi n’umunani (18,000Frw).

Kuba imisemburo irindisha inka mu karere ka Ngoma  ikomeje kubura, ni  imbogagamizi ku borozi  bavuga ko inka zabo zitinda kwima ntizibyarire igihe.

Bushayija Jean de Dieu ni umworozi utuye mu murenge wa Rukira, avuga ko kuba iyi misemburo yarabuze bibateza ikibazo. Agira ati “Ibijyanye no gutera intanga batubwira  ko  imisemburo yabuze, bigatuma inka zikererwa kwima, nko mu murenge wa Rukira rwose tubonye imisemburo imaze atatu nayirindisha, kuko hari igihe inka ibaho itararinda. Nk’iyo mfite rwose ishobora kumara amezi umunani cyangwa icumi itararinda ariko igakomeza igakamwa.”

Muvunyi Peter na we avuga ko kuba imisemburo itakiboneka yanaboneka ikaza ihenze bibabangamiye, agasaba abashinzwe ubworozi kubafasha. Agira ati “Ni ikibazo kitugoye twasaba abaveterineri batuba hafi igihe umuntu yaba afite inka ikenewe kurindishwa bakabimukorera.”

Umuyobozi ushinzwe ubworozi n’ubuvuzi bw’amatungo mu karere ka Ngoma, Bugingo Girbert, na we yemeza ko mu karere ntawo bafite, akizeza aborozi ko bagiye gukorerwa  ubuvugizi.

Agira ati “Aborozi rero bavuga ko yabuze baduha imisemburo mike hagati ya magana abiri na magana atatu buri mwaka  igenewe inka za Girinka  zifite ibibazo zitabashije kwima, ni yo dukoresha, umuturage rero waba awukeneye yakwegera umukozi ubishinzwe mu murenge bakamufasha kuko abaveterineri bose bahuguwe ku gutera intanga.”

Mu karere ka Ngoma habarurwa inka zigera ku bihumbi mirongo itatu n’umunani. Muri uyu mwaka w’ingengo y’imari 2018-2019 hakaba hazaterwa intanga inka zigera ku bihumbi bibiri magana abiri muri gahunda yo kuvugurura ubworozi.

NKURUNZIZA Theoneste /Ngoma

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities