Connect with us

Hi, what are you looking for?

AMATORA 2018

Ngoma: Bamwe mu baturage barasabwa kwegerezwa ibiro by’itora

Ntiyashoboye gutora kubera ko Ibiro by’itora biri kure (Ifoto /Theoneste N.)

Bamwe mu baturage bo mu midugudu igize imirenge ya Rukira na Murama mu karere ka Ngoma mu ntara y’i Burasirazuba,  bavuga ko  bagorwa no kugera ku biro by’itora, bagasaba ko babyegerezwa. Aba baturage babigaragaje ku wa mbere tariki ya 3 Nzeri 2018 ubwo mu Rwanda hose habaga itora ry’abadepite.

Bisangabagabo Edouard uri mu kigero cy’imyaka mirongo itanu atuye  mu mudugudu wa Gitesanyi duhuye avuye  gutora,  avuga ko yazamutse  umusozi  muremure  yerekeza  ahitwa Mvumba  kugira ngo agere ku biro by’itora.

Agira ati “Ibiro by’itora biri kure cyane rwose ,bisaba  kuzenguruka, nk’umuntu ufite intege nke utashobora  kuzamuka uyu musozi  ashobobora no kutajya gutora  kandi hano hafi hari ishuri  rya Gahama  natwe ryadufasha.”

Bisangabagabo avuga ko hagendetse nabi kuburyo unaniwe  kuzamuka uyu musozi ufite nka kilometero  eshanu yazenguruka, akaba yakora urugendo ruri hagati ya kilometero umunani n’icumi.

Nsekanabo Elysee  ni umuturage ufite  ubumuga,  afite imyaka  43, arubatse, atuye mu mudugudu wa Nyakagezi.  Avuga ko atashoboye gutora abadepite kubera ko ibiro by’itora biri kure. Agira ati “Byananiye rwose ejo nari niriwe ku kagali nagiye mu bya mutuelle none nananiwe sinashoboye kujyayo.”

Umuhuzabikorwa wa Komisiyo y’igihugu y’amatora mu turere twa Ngoma, Kayonza na Kirehe,  Mukabagirishya  Constance,  avuga ko  kugira ngo hongerwe ibiro by’itora  ubuyobozi aribwo bubisaba.  Agira ati “Ubuyobozi iyo bubona ko  abaturage  bakora ingendo ndende  kugira ngo bagere ku biro by’itora bumenyesha  Komisiyo y’amatora ikorohereza abaturage kandi hari aho byakozwe.”

Aphrodis Nambaje, Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, avuga ko  icyo kibazo batari bakizi ariko ko ubwo bakimenye ubutaha abaturage bazoroherezwa.  Agira ati “Ntabwo twari tubizi ariko ubutaha bazoroherezwa.”

Utugari 64 tugize akarere ka Ngoma twose twagenewe ibiro by’itora muri aya matora y’abadepite rusange ya 2018, aho mu Karere hose habarurwa ibiro by’itora 74.

Theoneste Nkurunzia /Panorama  i Ngoma

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities