Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Ngoma: Barasabwa guhwitura umuturanyi waba agifite ingengabitekerezo ya Jenoside

Hakozwe urugendo rwo kwibuka (Photo/Theoneste)

Abatuye Akarere  ka Ngoma  basabwe kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside. Ni mu  muhango wo gutangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Uyu muhango wabereye  i Gasetsa, mu Murenge wa Remera, mu Karere ka Ngoma ku wa Gatanu tariki ya 07 Mata 2017.

Abatanze ubuhamya bw’ibyabereye aha i Gasetsa bagaragaje amazina yamamaye  mu kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside muri aka gace ndetse no mu  cyahoze ari Perefegitura ya Kibungo. Uza ku isonga ni Col. Pierre Céléstin Rwagafirita  nk’uko byagarutsweho na Iryivuze Isaie  wari utuye muri aka gace  igihe cya  Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Uyu mugabo yavukaga hano ariko bariyeri yabaga ku muryango iwe, yari umukuru w’ingabo, yahise anayobora ikigo cya Gisirikare, kandi ba burugumesitiri bose bagombaga kumuha raporo y’uko igikorwa cyo kwica Abatutsi kirimo kugenda.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Nambaje Afrodise, na we yagarutse ku guhamagarira abatuye aka karere kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside. Yagize ati “Turasaba abaturage kwitwara neza muri ibi bihe birinda amagambo akomeretsa, bitabira ibiganiro, banafata mu mugongo abacitse ku icumu.”

Depite Kayitesi Liberathe wifatanyije n’abatuye Akarere ka Ngoma muri uyu muhango, yagarutse ku mateka yaranze  ubwicanyi mu gace ka Gasetsa  aho hagaragaye urugero rubi rw’ubuyobozi bushobora gushora abaturaage mu bwicanyi.

Uyu muyobozi yavuze ko buri muturage akwiye guhwitura umuturanyi we kugira ngo basenyere umugozi umwe mu guhashya ingengabitekerezo ya Jenoside.  Yagize ati “Uwaba afite umuturanyi ugifite ingengabitekerezo ya Jenoside, mumwegere, mumugire inama abireke.”

Iki gice cya Gasetsa mu Murenge wa Remera  mu karere ka Ngoma  habarurwa imiryango 10 yazimye burundu kubera Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Nkurunziza   Theoneste

Hakozwe urugendo rwo kwibuka (Photo/Theoneste)

Hakozwe urugendo rwo kwibuka (Photo/Theoneste)

Hafashwe umunota wo kwibuka (Photo/Theoneste)

Hafashwe umunota wo kwibuka (Photo/Theoneste)

1 Comment

1 Comment

  1. Manzi

    April 9, 2017 at 05:27

    Twifatanyije na babuze ababo i Gasetsa.Imana ibakomeze

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities