Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Ngoma: BDF yatunzwe agatoki ku kudindiza imishinga y’abaturage

Abadepite barikumwe n’abayobozi mu karere ka Ngoma ubwo berekwaga ishusho y’akarere (Ifoto /Theoneste N)

Itsinda ry’abadepite batangiye uruzinduko mu karere ka Ngoma ku wa Gatatu tariki ya 9 Mutarama 2019. Mu  bibazo byagaragajwe n’ubuyobozi bw’akarere, harimo ikibazo cy’idindira ry’imishinga inyuranye y’urubyiruko, abagore n’abafite ubumuga bageza ku kigega cy’ingwate mu Rwanda (BDF).

Imbere y’itsinda ry’abadepite bari mu karere ka Ngoma, umuyobozi w’aka karere, Nambaje Aphrodis  yavuze ko bakibangamiwe n’imikorere ya BDF itinza inonosorwa rw’imishinga bigatuma abaturage babo badatera imbere kandi ari uburenganzira bwabo.

Agira ati “Gusa ndagira ngo  mvuge kuri  BDF ndi ahangaha imbere y’inteko ishinga amategeko. Dushyiraho urwego ni byiza,  ariko buriya ntabwo ikoraneza  kandi  uzasanga abantu bakora isesengura ry’imishinga ku rwego rw’igihugu ari abantu  babiri. Icya mbere ni ugutinda  bituruka ku bakozi bake bafite, icya kabiri aho umuntu aza bati ‘umushinga wawe turawukora ku bihumbi mirongo itatu’, wayabura ukagenda”.

N’ubwo ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buvuga ko iki kigega gitinza serivisi giha abaturage, Sikubwabo Innocent  umukozi wa BDF ushinzwe gusesengura imishinga arabihakana. Agira ati “Jyewe ku giti cyanjye ntabwo mbyemera kuko nk’umwaka ushize, twateye inkunga  imishinga isaga Magana abiri. Ni ukuvuga ngo niyo mishinga yatugeze imbere turayifasha, Meya ntafite amakuru yose.”

Mu gushaka kumenya iby’iki kibazo umunyamakuru wa Panorama yegereye  Kwizera Joseph, umwe mu bagize Koperative igizwe n’urubyiruko rwarangije amashuri  rwibumbiye muri Right Service Solutions Cooperative (RSSC) ikorera mu karere ka Ngoma, avuga ko hashize imyaka isaga ibiri basiragizwa n’iki kigega cya BDF  ku mushinga bafite wo gukora ibisuguti mu mateke.

Avuga ko umushinga wabo bawugejeje kuri BDF mu mpera z’umwaka wa 2016. Agira ati “hari ibyo badusabye turabyuzuza  nyuma hazamo ibyo kujyana umushinga i Kigali; ejo bakavuga ngo mukosore iki, ejobundi nabwo bati ‘mukosore iki’. Ibi bintu byaduteje igihombo bigiye nko kurangira barongera ngo umushinga ntukoze neza kugeza n’ubu turategereje.”

Uyoboye iri tsinda ry’abadepite bari mu ruzinduko mu karere ka Ngoma ni Depite Muhongayire Christine amaze kumva iki kibazo  cyo gutinza abaturage basaba ingwate z’imishinga yabo muri BDF  avuga ko batari bakizi, ariko ko bagiye kugikorera ubuvugizi.

Agira ati “Ni ikibazo gikomeye  ubu ngubu abaturage batekereza ko BDF batihuta muri serivisi zose ibaha, turacyumvise tugiye gukora isesengura  turebe koko  iki kibazo bafite  cyaba icy’abakozi bake  ni ikindi kibazo cyaba kirimo  dukore ubuvugizi turebe ko gikemuka.”

Ikigega cy’ingwate BDF cyashyizweho ku bufatanye  na guverinoma y’u Rwanda n’ikigo cy’igihugu  cy’iterambere RDB mu rwego  rwo kubonera ingwate  bimwe mu bigo bito  n’abantu  ku giti cyabo bikorera bakeneye ingwate  ku nguzanyo mu bigo by’imari bitandukanye, cyane cyane urubyiruko n’abagore.

Nkurunziza Theoneste /Ngoma

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities