Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Ngororero: Abagabo babiri bafatanwe magendu y’amabuye ya Koruta

Abagabo babiri bo mu murenge wa Gatumba mu kagari ka Ruhanga mu karere ka Ngororero bafatanwe ibiro 47 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Koruta (Cortan) baguraga bakanayacuruza  mu buryo bwa magendu.

Nk’uko tubikesha Polisi y’u Rwanda, ku wa 27 Ukuboza 2018, nibwo Polisi ikorera mu murenge wa Gatumba ku bufatanye n’abaturage hakozwe ibikorwa byo  gufata abakora ubucuruzi butemewe  mu gasanteri ka Gatumba hafatwa abagabo babiri baguraga amabuye n’abacukuzi  na bo bakayagurisha mu muryo bunyuranyije n’amategeko.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba,  Chief Inspector of Police (CIP)  Innocent Gasasira,  yashimiye abaturage uruhare bakomeje kugira haba mu gukumira ibyaha bimunga ubukungu bw’igihugu birimo ruswa na magendu.

Yagize ati “Bamwe mu baturage batanze amakuru ko hari abantu bagura amabuye y’agaciro nabo bakayacuruza mu buryo bwa magendu, Polisi yahise itegura ibikorwa byo kugenzura ababikora nibwo muri santeri y’ubucuruzi ya Gatumba hafatiwe abagabo babiri.”

Yakomeje agira inama abafite ibirombe bicukurwamo amabuye kurushaho kugenzura abakozi babo kuko ahanini usanga aribo bayaguirisha  abaturage bakorera hafi y’aho bakorera ibikorwa byabo by’ubucukuzi.

CIP Gasasira yibukije abaturage  ko gukora ubucukuzi mu buryo butubahirije amategeko ndetse n’abayacuruza mu buryo bwa magendu  ari icyaha gihanwa n’amategeko  bityo bakaba bakwiye kwirinda ingaruka bishobora kubagiraho.

Yagize ati “Gucukura no gucuruza amabuye y’agaciro muburyo bunyuranyije n’amategeko ni icyaha kuko ari ukwangiza umutungo wa Leta; inzego z’itanga ibyangombwa zirahari, muzigane mukore ibikorwa byanyu byubahirije amategeko y’igihugu.’’

Gucukura cyangwa gucuruza amabuye y’agaciro mu buryo bwa magendu ni icyaha gihanwa   n’amategeko aho ubikora  ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku mwaka umwe (1) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva kuri miliyoni eshatu (3.000.000) kugeza kuri miliyoni icumi (10.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities