Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Ngororero: Umusore yafatanwe moto yari agiye kuhagurisha ayivanye mu karere Musanze

Polisi ikorera mu karere ka Ngororero, ku itariki ya 07 Kanama uyu mwaka, mu masaha y’igicamunsi yafashe moto bikekwako yari injurano biturutse ku makuru yari imaze guhabwa n’abaturage.

Iyi moto ifite icyapa kiyiranga RD 348B yafatiwe mu kagari ka Mashya, umurenge wa Muhanda, akarere ka Ngororero. Iyi moto yafatanwe  Ngendahimana Gerard w’imyaka 23 y’amavuko.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba Chief Inspector of Police (CIP) Innocent Gasasira yavuze kuyu Ngendahimana Gerard yari asanzwe ari umumotari mu karere ka  Musanze; akaba yarafashwe aje kugurisha iyo moto muri aka karere ka Ngororero.

CIP Gasasira yagize ati “uyu  Ngendahimana yaje aturutse i Musanze, ageze  mu kagari ka Mashya akajya kunywa icyayi mu gasantere, hanyuma abasaba ko baba bamubikiye iyo moto ko agiye kureba umukanishi uyimukorera kuko yatobotse ipine. Abaturage bagize amakenga  bumvise ko agiye kureba umukanishi kandi moto yari ayijeho babona nta kibazo ifite, ikindi babona ntibamuzi muri ako gace”.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba yakomeje agira ati “abaturage bakomeje kumubaza aho akorera ndetse n’aho aturutse ababwira ko akorera mu karere kMusanze kandi ko ashaka n’uwayimugurira. Abaturage bahise bahamagara Polisi ikorera mu karere ka Ngororero  bayiha ayo makuru yose hanyuma abapolisi bajyayo gukurikirana ayo makuru”.

CIP Gasasira yavuze ko Ngendahima Gerard amaze kumenya amakuru ko abaturage bahamagaye Polisi yahise ayikura hahandi yayibikije ajya kuyihisha mu murima w’icyayi hafi aho, ariko abaturage bakomeza kumucungira hafi.

Ngendahimana amaze gufatwa yahise yiyemerera icyaha abwira Polisi ko moto ari iya Se witwa Gahabanyi Philippe w’imyaka 48 utuye mu kagari ka Rusasa, Umurenge wa Nyankenke, mu karere ka Gicumbi wayimuhaye ngo akore yiteze imbere, ariko akaba yari yaraje kuyigurishiriza mu karere ka Ngororero ngo azabeshye se ko bayimwibye.

Ubu Ngendahima yashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rukorera  Kabaya aho ari gukurikiranwa.

CIP Gasasira arashimira abaturage batuye muri kariya gace umuco mwiza n’ubufatanye bakomeje kugaragaza bafatanya na polisi n’izindi nzego aho batanga amakuru atuma abanyabyaha bafatwa.

Yagiriye inama abakishora mu bujura nk’ubu kubuvamo kuko bubagiraho ingaruka zirimo no gufungwa; agira inama urubyiruko kureka kumva ko baca inzira zitemewe zo gukira vuba ahubwo bakitabira gahunda zashyizweho zo kubateza imbere.

Panorama

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities