Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Nyagatare: Abayobozi basabwe kurushaho kwegera abaturage hagamijwe gukumira ibyaha

Mu nama y’umutekano yok u wa 17 Mata 2019, yahuje abayobozi n’abavuga rikumvikana baturutse mu mirenge umunani yo mu karere ka Nyagatare, basabwe kurushaho kwegera abaturage kugira ngo hakumirwe ibyaha ndetse n’umutekano ukomeze kuba mwiza.

Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare Mushabe Claudian yavuze ko muri rusange umutekano wifashe neza, uretse ibyaha bifitanye isano n’ibiyobyabwenge, imirenge yose igize akarere ka Nyagatare abaturage batekanye kandi bakora imirimo yabo amanywa n’ijoro.

Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba, Fred Mufulukye, yasabye  abayobozi kurushaho kwegera abaturage kugira ngo ibibazo bihari bishakirwe umuti.

Yagize ati “Kuva mu biro mukegera abaturage bizafasha mu guhangana n’ikibazo k’imirire mibi ndetse n’igwingira ry’abana,  ibibazo bituma abana bata ishuri ndetse no kurushaho kugira uruhare mu gukumira ibyiyobyabwenge n’inda ziterwa abana b’abakobwa.”

Guverineri Mufulukye yibukije abavuga rikumvikana barimo abacuruzi, aborozi n’abanyamadini ko iterambere ry’akarere ka Nyagatare riri mu biganza by’abagatuye, bityo ibyo bakora byose bikwiye kujya byunganira gahunda za Leta zigamije iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.

Assistant Commissioner of Police (ACP) Emmanuel Hatari uyobora Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, yagaragaje ko ibiyobyabwenge n’urugomo  ari bimwe mu byaha bihungabanya umutekano bikunze kugaragara muri aka karere.

Yagize ati “Kuganiriza abaturage ingaruka z’ibiyobyabwenge ku buzima, uruhare bigira mu guhungabanya umutekano,  ni byo bizafasha mu guhindura imyumvire y’ababikoresha. Ibi bizagerwaho neza mu gihe inzego z’umutekano zifatanyije n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze haba mu gutanga inyigisho ndetse no guhanahana amakuru y’aho ibiyobyabwenge bigaragara.”

ACP Hatari agaragaza ko abakora ibikorwa bihungabanya umutekano baba abacuruza ibiyobyabwenge ndetse n’abakora inzoga zitemewe,  akenshi babikora bitwikiriye ijoro, bikaba bikwiye ko abayobozi bongera imbaraga mu kugenzura amarondo  kugira ngo gahunda yo kwicungira umutekano yubahirizwe.

Iyi nama yitabiriwe n’abayobozi b’inzego z’ibanze n’abavuga rikumvikana bakorera mu mirenge ya Nyagatare, Musheri, Rwempasha, Matimba,  Rwimiyaga, Karangazi na Tabagwe ikitabirwa kandi n’abayobozi mu nzego  z’umutekano zikorera mu karere ka Nyagatare, yafatiwemo imyanzuro igamije kwimakaza umutekano n’imibereho myiza y’abaturage irimo kurushaho kwicungira umutekano binyuze mu gukaza amarondo ndetse no gufatanya n’inzego z’umutekano kurwanya ibiyobyabwenge byugarije urubyiruko, hatangwa amakuru y’aho bigaragaye.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities