Connect with us

Hi, what are you looking for?

AMATORA 2017

Nyagatare: Umukandida Habineza Frank ntiyahiriwe n’urugendo

Mu mujyi i Nyagatare, Habineza Frank yasuhuje abaturage baho yihitira (Photo/Scovia M.)

Mu gitondo nka saa yine nibwo umukandida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije, Dr Frank Habineza, yari ageze mu karere  ka Nyagatare mu murenge wa Rwimiyaga, aho atemerewe kwiyamamaza kubera ko aho yari agiye ari hafi y’isoko n’amashuri.

Amabwiriza ya Komisiyo y’Igihugu y’amatora ntiyemera ko hari umukandida wiyamamariza mu isoko cyangwa mu kigo cy’ishuri, kandi aho i Rwimiyaga ryari ryaremye.

Habineza yajyanywe kwiyamamariza hafi y’irimbi kuko ariho hari umwanya ariko we abitera utwatsi, ahita yerekeza mu mujyi wa Nyagatare aho yasuhuje abaturage yihitira.

Kwiyamamaza byakomerejwe mu karere ka Gatsibo ahagana mu saa cyenda z’igicamunsi, aho yakiriwe n’Umunyabangwa Nshingabikorwa w’Umurenge wa Kabarore n’abaturage basaga ijana.

Habineza yijeje abaturage ba Kabarore ko azabakemurira ikibazo cy’inzara we avuga ko gishingira kuri politiki mbi yo guhuza ubutaka.

Yakomeje  avuga ko azakuraho umusoro w’ubutaka kuko ari bimwe mu bibazo bigoye abaturage.

Yakomeje asobanura ko politiki y’uburezi mu Rwanda ari kimwe mu bibangamira ireme ry’uburezi, ko usanga abarimu bigisha mu ndimi batazi, akaba yarabemereye kuzasubizaho indimi zose mu mashuri nk’igifaransa mu rwego rwo kuvugurura politike y’uburezi.

Anavuga ko abacuruzi bato badakwiye gusora kuko bibatera guhomba bagasubira mu bukene bitewe n’umusoro,  bakwiye nibura gusora bamaze imyaka ibiri bakora. Agira ati “ibyo  nimuntora nzabirangiza tujye dutera imbere tudasubira inyuma.»

Mutesi Scovia/Iburasirazuba

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities