Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Perezida Kagame ashima MTN yiyemeje gushora imari mu Rwanda nyuma gato ya Jenoside

Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwagize amahitamo meza yo kwemerera ibigo by’itumanaho gushora imari mu Rwanda. Ibi yabigarutseho ubwo MTN Rwanda yizihizaga isabukuru y’imyaka 25 imaze ikorera mu Rwanda.

Nk’uko RBA dukesha iyi nkuru ibitangaza, Perezida Kagame avuga ko ari iby’agaciro kwizihiza iyi myaka 25 kuko yari imyaka yo kwitanga, ubufatanye ubu imbuto zo gushora imari mu Rwanda zirimo kwigaragaza kuko ari ishoramari ryunguka.

Agaragaza ko ikigo cy’itumanaho cya MTN Rwanda cyaje gukorera mu Rwanda hashize igihe gito u Rwanda ruvuye mu bihe bibi  bya Jenoside yakorewe Abatutsi kandi hakenewe ikoranabuhanga rigezweho mu itumanaho.

Icyo gihe u Rwanda ruhitamo gukorana na MTN yari ifite itumanaho rigezweho aho kwakira abashoramari bifuzaga gushora imari mu itumanaho ritajyanye n’igihe. 

Umuyobozi wa MTN Rwanda Mapula Bodibe we avuga ko imyaka 25 ishize ya MTN yari imyaka yo gukorana ubwitange, imyaka yo gukora cyane. Agashimira Leta y’u Rwanda yahaye ikaze MTN Rwanda kugira ngo ibe umufanyabikorwa mu iterambere ry’u Rwanda.

Ubu mu Rwanda 64.6% bakoresha umuyoboro wa MTN mu itumanaho, iki kigo kandi kigaragaza ko abakoresha Mobile Money bazamutse ku kigero cya 17.2%.

Ikigo cy’itumanaho cya MTN gikorera no mu bihugu bitandukanye bya Afurika na Aziya aho ubu muri Afurika umuntu 1 muri 3 akoresha umuyoboro w’iki kigo.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Ku wa Mbere tariki 17 Werurwe 2025, u Rwanda rwatangaje ko rwahagaritse umubano mu bya dipolomasi n’u Bubiligi, nyuma yo gusuzuma imyitwarire y’icyo gihugu...

Amakuru

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ari mu gihugu cya Latvia mu uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu. Muri uru ruzinduko azagirana ibiganiro bizabera mu muhezo na...

Amakuru

Perezida Paul Kagame, amaze gutorerwa kuziyamamariza kuyobora igihugu mu matora ateganyijwe mu Nyakanga 2024, yatangaje ko n’ubwo Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bamugiriye icyizere, bakwiye...

Akarere

Perezida Paul Kagame mu butuma yatanze mu nama yiga ku mihindagurikire y’ikirere muri Afurika, agaraza ko hakenewe gushyira hamwe kw’ibihugu mu guhangana n’iki kibazo...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities