Connect with us

Hi, what are you looking for?

Football

Perezida Kagame yahawe igihembo cy’indashyikirwa mu guteza imbere umupira w’amaguru

Perezida Paul Kagame aratangaza ko umupira w’amaguru ari Siporo y’ingirakamaro mu mibereho y’Abanyarwanda, bityo ko u Rwanda rutazahwema kuwuteza imbere.

Nk’uko RBA dukesha iyi nkuru yabitangaje, ibi umukuru w’igihugu yabigarutseho ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 14 Werurwe 2023, ubwo yahabwaga igihembo cyitwa CAF President’s Outstanding Achievement Award.

Ni igihembo cyo gushimira Perezida Paul Kagame umuhate we mu iterambere ry’umupira w’amaguru muri Afurika.

Mbere yo gushyikiriza iki gihembo Perezida Kagame, Dr. Patrice Motsepe uyobora impuzamashyirahamwe y’umupura w’amaguru muri Afurika, CAF, yagaragaje Perezida Kagame nk’umuyobozi witangira uyu mukino ari nayo mpamvu CAF yamugeneye iki gihembo.

Nyuma yo gushyikirizwa iki gihembo na Perezida wa CAF wari kumwe na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, Perezida Paul Kagame yavuze ko ku ruhande rumwe yatunguwe n’iki gihembo ariko kandi ngo yacyakiranye yombi.

Undi washimiye Perezida Paul Kagame muri ibi birori, ni Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, Gianni Infantino.

Perezida Paul Kagame yagaragaje umupira w’amaguru nk’umukino ukunzwe kurusha indi. 

Yavuze ko no mu mateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo, umupira wakomeje guhuza Abanyarwanda ashimangira ubushake bw’u Rwanda bwo kuwuteza imbere ukagera ku rwego rwo hejuru.

Uretse Perezida Paul Kagame, Umwami Mohammed VI wa Maroc nawe yahawe iki gihembo.

Panorama

8 Comments

8 Comments

  1. Immaculee

    March 20, 2023 at 14:42

    Mugerageze muteze imbere football accademies nyamuneka !muzi kwakira ibirori gusa kandi mwakagombye no kugira uruhare

  2. Anitha Kivuye

    March 17, 2023 at 08:44

    Perezida Kagame ari ku rundi rwego ndugu zangu !kuko azi gukora deal kandi he is well organised niyo mpamvu abere bamwemera kandi bakamwizera kuko ntibagira amarangamutima babaye ikinya icyo bashyira imbere ni inyungu zabo ibindi wapi.

  3. Immaculee

    March 17, 2023 at 08:41

    Kagame ni umukinnyi mwiza cyane azi no kwirinda kuvunika kugira ngo match z’ ubutaha muri 2024 AZAZIKINA NEZA CYANE. NI UMUKINNYI URI FRAICHE RWOSE NTA MVUNE , IL EST EN BONNE ET DU FORME

  4. Bourgeaois Ndori

    March 16, 2023 at 12:42

    Umunyarwanda ntarumva ko sport ari intwaro ikomeye niyo politiki nziza kuko ihuza abantu ikabafasha kuba umwe no kuganira nta buryarya. kandi ku mmyaka yose umuntu yakora sport ntimwaboney umusaza awuconga

  5. Anitha Kivuye

    March 16, 2023 at 12:32

    Amavubi football niyo yananiranye ubundi Kagame agira ishaka akunda kuba number one mu byo akora iyo ni quality y’ abanyarwanda nyabo , dore yari yatangiye gushyigikira abanyonzi baramu desappointinga cyane

  6. Livingston

    March 16, 2023 at 12:31

    Courage Afande!you are doing well,wabaya wafe kabisa. umuntu utishimira ishema ry’ igihugu cye aba afite ibyo arimo .

  7. Anselme

    March 15, 2023 at 11:04

    Kagame songa mbele .nyamara urabaruta kuki abantu batibaza impamvu Fifa ihitamo Kigali kurusha ahandi.uwambaye ikirezi

  8. Aristote

    March 15, 2023 at 11:02

    Ni ubundi PK ni indashyikirwa on ne change pas l’ equipe qui gagne

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Politiki

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro na Sultan Haitham bin Tariq wa Oman, bigamije gukomeza umubano hagati y’ibihugu byombi no kurebera...

Amakuru

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yageze muri Oman aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri rugamije kurushaho guteza imbere umubano n’ubufatanye hagati y’ibihugu...

Amakuru

Abanyarwanda batabashije kwitabira gahunda rusange yo gufotorwa no gutanga ibipimo ndangamiterere bikenerwa mu gutegura indangamuntu koranabuhanga, baracyafite amahirwe yo kuyuzuza binyuze ku masite akomeje...

Amakuru

Panorama Ku wa 5 Nzeri 2026, muri Kigali Convention Center habereye umuhango wo kumurika ibitabo 15 byanditswe n’abanyeshuri bo muri Kaminuza 12 zitandukanye, hamwe...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities