Perezida Paul Kagame aratangaza ko umupira w’amaguru ari Siporo y’ingirakamaro mu mibereho y’Abanyarwanda, bityo ko u Rwanda rutazahwema kuwuteza imbere.
Nk’uko RBA dukesha iyi nkuru yabitangaje, ibi umukuru w’igihugu yabigarutseho ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 14 Werurwe 2023, ubwo yahabwaga igihembo cyitwa CAF President’s Outstanding Achievement Award.
Ni igihembo cyo gushimira Perezida Paul Kagame umuhate we mu iterambere ry’umupira w’amaguru muri Afurika.
Mbere yo gushyikiriza iki gihembo Perezida Kagame, Dr. Patrice Motsepe uyobora impuzamashyirahamwe y’umupura w’amaguru muri Afurika, CAF, yagaragaje Perezida Kagame nk’umuyobozi witangira uyu mukino ari nayo mpamvu CAF yamugeneye iki gihembo.
Nyuma yo gushyikirizwa iki gihembo na Perezida wa CAF wari kumwe na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, Perezida Paul Kagame yavuze ko ku ruhande rumwe yatunguwe n’iki gihembo ariko kandi ngo yacyakiranye yombi.
Undi washimiye Perezida Paul Kagame muri ibi birori, ni Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, Gianni Infantino.
Perezida Paul Kagame yagaragaje umupira w’amaguru nk’umukino ukunzwe kurusha indi.
Yavuze ko no mu mateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo, umupira wakomeje guhuza Abanyarwanda ashimangira ubushake bw’u Rwanda bwo kuwuteza imbere ukagera ku rwego rwo hejuru.
Uretse Perezida Paul Kagame, Umwami Mohammed VI wa Maroc nawe yahawe iki gihembo.
Panorama

Immaculee
March 20, 2023 at 14:42
Mugerageze muteze imbere football accademies nyamuneka !muzi kwakira ibirori gusa kandi mwakagombye no kugira uruhare
Anitha Kivuye
March 17, 2023 at 08:44
Perezida Kagame ari ku rundi rwego ndugu zangu !kuko azi gukora deal kandi he is well organised niyo mpamvu abere bamwemera kandi bakamwizera kuko ntibagira amarangamutima babaye ikinya icyo bashyira imbere ni inyungu zabo ibindi wapi.
Immaculee
March 17, 2023 at 08:41
Kagame ni umukinnyi mwiza cyane azi no kwirinda kuvunika kugira ngo match z’ ubutaha muri 2024 AZAZIKINA NEZA CYANE. NI UMUKINNYI URI FRAICHE RWOSE NTA MVUNE , IL EST EN BONNE ET DU FORME
Bourgeaois Ndori
March 16, 2023 at 12:42
Umunyarwanda ntarumva ko sport ari intwaro ikomeye niyo politiki nziza kuko ihuza abantu ikabafasha kuba umwe no kuganira nta buryarya. kandi ku mmyaka yose umuntu yakora sport ntimwaboney umusaza awuconga
Anitha Kivuye
March 16, 2023 at 12:32
Amavubi football niyo yananiranye ubundi Kagame agira ishaka akunda kuba number one mu byo akora iyo ni quality y’ abanyarwanda nyabo , dore yari yatangiye gushyigikira abanyonzi baramu desappointinga cyane
Livingston
March 16, 2023 at 12:31
Courage Afande!you are doing well,wabaya wafe kabisa. umuntu utishimira ishema ry’ igihugu cye aba afite ibyo arimo .
Anselme
March 15, 2023 at 11:04
Kagame songa mbele .nyamara urabaruta kuki abantu batibaza impamvu Fifa ihitamo Kigali kurusha ahandi.uwambaye ikirezi
Aristote
March 15, 2023 at 11:02
Ni ubundi PK ni indashyikirwa on ne change pas l’ equipe qui gagne