Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Perezida wa Banki ya Asia y’ishoramari mu bikorwaremezo -AIIB yasuye ibikorwaremezo by’amashanyarazi

Panorama

Ku wa mbere Tariki ya 02 Ukuboza 2024, Perezida wa Banki ya Asia ishinzwe guteza imbere ishoramari mu bikorwaremezo -AIIB, Jin Liqun, yasuye ibikorwaremezo by’amashanyarazi biri mu mudugudu w’ikitegererezo wa Kinigi mu mu karere ka Musanze mu ntara y’Amajyaruguru.

Perezida wa Banki ya AIIB yasuye ibyo bikorwa arikumwe na Minisitiri w’imari n’igenamigambi Yusuf Murangwa, Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’ibikorwaremezo, Olivier Kabera, Umuyobozi w’ikigo gishinzwe guteza imbere ingufu –EDCL, Felix Gakuba, wari uhagarariye umuyobozi mukuru wa Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu REG, Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nsengimana Claudien ndetse n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye.

Mu butumwa yatanze H.E Jin, yashimye ibikorwaremezo by’amashanyarazi bimaze kugera ku baturage, asezeranya ko banki ayoboye igiye gukomeza ubufatanye na leta y’u Rwanda mu guteza imbere ibikorwaremezo by’amashanyarazi mu Rwanda. Ibi bikorwa mu gishyigikira gahunda Leta y’u Rwanda, ku bufatanye na REG, bihaye yo kugeza ku baturage amashanyarazi ku kigero cy’100% bavuye ku kigero cya 80.1% bariho ubu.

Bamwe mu baturage bo mu Kinigi barimo Nzasangamariya na Emmanuel Mihendahendo bemeza ko nyuma yo kubona amashanyarazi ubuzima bwabo bwahise buhinduka mu buryo bugaragara, kubera ko batakiri mu kizima; kandi batangiye gukora imishinga itandukanye ibateza imbere.

Banki ya Asia y’ishoramari mu bikorwaremezo -AIIB, itanagaza ko kandi kuri ubu imaze gushora mu Rwanda miliyoni 300 z’Amadolari ya Amerika mu mishanga y’ibikorwaremezo birimo n’iby’amashanyarazi guhera mu 2020.

Perezida wayo kandi, Jin Liqun, agaragaza ko u Rwanda nta kabuza ruzagera ku cyerekezo rwihaye bitewe n’uburyo rukoresha neza amafaranga rubona mu buryo butandukanye.

Banki ya Asia y’ishoramari mu bikorwaremezo-AIIB yashoye imari mu mishinga y’ibikorwaremezo byo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi, iyo kwihutisha ikoranabuhanga, n’iyo mu rwego rw’imari yari igamije kuzahura ubukungu bwari bwarazahajwe n’icyorezo cya COVID-19. Yashoye imari kandi no mu mishinga y’ibikorwamezo by’imihanda.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa avuga ko iyi banki ubwo yazaga mu Rwanda mu 2020, yari ikenewe cyane.

Perezida wa Banki ya Asia y’ishoramari mu bikorwaremezo-AllB, Jin Liqun, avuga ko yishimiye uburyo u Rwanda rufite ubuyobozi bufite icyerekezo ndetse n’uburyo imishinga bashoyemo imari icunzwe neza.

Impande zombi zivuga ko iyi mishinga bafite mu gihe cy’imyaka 3 nirangira bazakomereza mu mishinga itandukanye bitewe n’uko ari amasezerano azakomeza kongererwa igihe.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Football

Raoul Nshungu Haringingo Francis wari umutoza wa Bugesera FC yasezeye kuri iyi mirimo, asiga iyi kipe aharindimuka. Uyu mutoza yasezeye ku bayobozi ba Bugesera...

Amakuru

Raoul Nshungu Inzego z’ubuzima mu Rwandaziravuga  zafashe ingamba nshya zo guhashya indwara ya Malariya, harimo no kuba uzajya ayisanganwa abagize umuryano we cyangwa se...

Football

Panorama Sports Leeds United na Burnley zazamutse muri Premier League nyuma yo kwitwara neza  muri Shampiyona y’icyiciro cya 2 mu gihugu cy’u Bwongereza. Leeds...

Amakuru

Haribazwa niba Gael Karomba uzwi nka Coach Gael akaba ari we nyir’inzu ifasha abahanzi ya 1:55 AM isanzwe ifasha abarimo Bruce Melody, Kenny Sol...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities