Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Ruremire Focus yiyamye Mukankiko ubiba urwango yifashishije indirimbo “Umuntu ni nk’undi”

Yifashishije imbugankoranyambaga, umuhanzi w’Umunyarwanga ukoresha inganzo nyarwanda y’umushayayo, Ruremire Focus, ubu usigaye yibera muri Finland, yiyamye bikomeye umugore witwa Mukankiko Sylvie ufatanya na Padiri Thomas Nahimana kubiba urwango mu banyarwanda.

Agira ati “Ndamwihanangiriza mu gukoresha indirimbo yanjye umuntu ni nk’undi mu kubiba amacakubiri. Iriya ndirimbo ni we njyewe ni wo mugambi wanjye. Iriya ni indirimbo ikubiyemo ibyo nakuze nibaza. Nakuze mbona ko hari abantu batishimiye ko mbaho n’undi nkanjye….”

Akomeza avuga ko igerwaho n’abantu bo mu ngeri zitandukanye kuko usanga ikiremwamuntu buri wese afite inzira yanyuzemo kandi afite aho ahurira n’undi.

Ati “Indirimbo umuntu ni nkundi irwanya amacakubiri ayo ariyo yose. Bitandukanye n’ibyo uyikoresha sibyo. Nakwishima ibaye iguhinduye, ikakugira umuntu ubona ko umuntu ari nk’undi, ariko wowe uyikoresha mu gucukurira imva abandi…”

Ruremire akomeza agira ati “Iyi ndirimbo iruhura umutima w’ubabaye, ikarwnya urwango rwa tugejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi. Turwanye umwanzi wacu ariwe ubukene, iby’amoko ni amanjwe. Umuzi amumpere ubu butumwa.”

Ruremire Focus avuga kandi ko Indirimbo “Umuntu ni nk’undi” yageze ku mutima abantu benshi bumva ikinyarwanda bityo igomba kubahwa igacurangwa n’abubaha ikiremwamuntu. Mukankiko rero mwimye uburenganzira bwo kuyikoresha kuko abiba urwango mu banyarwanda.

Ruremire Focus yamenyekanye cyane mu ndirimbo zikunze gukoreshwa mu bukwe no mu bitaramo nyarwanda zirimo Igendere mwiza, Urakowe, Umushumba ubereye inyambo, Ngwino utete na Urarwumva… Hari izindi kandi zirata umuco w’abanyarwanda, izibasusurutsa n’izibakebura zirimo Umuco wacu, Muze twidegembye, Muraho muraho na Umuntu ni nk’undi yahurijemo abahanzi b’abanyarwanda bakomeye barimo Byumvuhore, Daniel Ngarukiye, Kipeti na Massamba.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Izindi wakunda

Amakuru

Atangiza umwiherero w’iminsi ibiri w’abagize Urwego rw’Ubutabera mu Rwanda, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta Dr. Ugirashebuja Emmanuel, yavuze ko ubutabera budakorwa na...

Amakuru

Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza, bashinja Hategekimana Philippe uzwi ku izina rya...

Ubucuruzi

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana aratangaza ko u Rwanda na Qatar byifuza kubaka ubushobozi buhambaye bwahaza isoko rya Afurika mu byo gutwara abantu...

Iterambere

Abadepite mu nteko Ishinga amategeko basabye leta kurushaho korohereza abifuza gushora imari mu kubaka inzu ziciriritse kandi hakifashisjhwa n’ibikoresho bihendutse byujuje ubuziranenge, kugira ngo...

PanoramaTV Rwanda

https://www.youtube.com/watch?v=BgBhZVIypEs

Click here to Follow our YouTube Channel

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities

Copyright © 2021 Panorama.