Connect with us

Hi, what are you looking for?

akazi

Rwamagana: Abagize ibyiciro byihariye barasabwa kwinjira muri hanga Umurimo

Ku wa kane tariki 10 Ugushyingo 2016, mu karere ka Rwamagana hakozwe ubukangurambaga kuri gahunda ya NEP (Kora Wigire). Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu, ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dr Mukabaramba Alivera, asaba abari mu byiciro byihariye kudacikwa n’iyo gahunda.

Dr Mukabaramba Alivera yasabye ko abagize ibyiciro byihariye (abari n’abategarugori, urubyiruko, abafite ubumuga n’abasigajwe inyuma n’amateka) bagomba gutinyuka bakihangira umurimo kuko iyi gahunda aribo yashyiriweho mbere na mbere.

Muri iyi gahunda, Dr Mukabaramba yasuye Ibikorwa bitandukanye byagiye bigerwaho mu rwego rwo guteza imbere gahunda ya NEP (Kora Wigire). Muri ibyo bikorwa harimo:

Agakiriro kagizwe na hangari 3 zikorerwamo ububaji no gusudira ndetse n’indi hangar ikorerwamo imurikagurisha ry’ibikoresho byuzuye. Muri aka gakiriro, hakoreramo ababaji 109 n’Abasuderi 76.

Hasuwe kandi Koperative Ubumwe y’abamotari ikorera mu murenge wa Kigabiro, iyi Koperative ikaba yarahawe inguzanyo ya 14,500,000Frw bakaba baraguzemo moto11. Kuri iyi nguzanyo bakaba barishingiwe na BDF ku ngwate ya 75%. Iyi Koperative ikaba ifite abanyamuryango 135.

Dr Mukabaramba kandi yasuye ishuri rikuru rya Gishari (Gishari Integrated Polytechnic) riherereye mu murenge wa Gishari rikaba ryigisha amasomo y’ubumenyi-ngiro arimo ubwubatsi, ubukanishi bw’imodoka, ibijyanye n’amashanyarazi ndetse no gukora amazi. Iri shuri kandi rikaba rigira n’amasomo y’amezi 3 aho ryigisha urubyiruko imyuga ku buntu.

Source: Rwamagana District

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities