Connect with us

Hi, what are you looking for?

Inkuru nyamukuru

Rwanda: Umunsi Mpuzamahanga wa Mwarimu wizihijwe ku nshuro ya 20

Buri mwaka ku itariki ya 05 Ukwakira, u Rwanda rwifatanya n’Isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wa Mwarimu. Minisiteri y’Uburezi, yizihije uyu munsi kuri uyu wa kabiri, byari ku nshuro ya 20 uyu munsi wizihizwa mu Rwanda.

Mu kwizihiza uyu munsi, Minisitiri w’Uburezi, Dr. Uwamariya Valentine yavuze ko Igihugu cyose gishaka kugera ku iterambere rirambye; bityo mwarimu ni we nkingi ya mwamba. Yabwiye abarimu bose kandi ko Igihugu, Ababyeyi ndetse na Sosiyete nyarwanda muri rusange, bazakomeza kubashyigikira mu nshingano nziza bafite.

Minisitiri w’Uburezi yanashimiye abarimu bose muri rusange, avuga ko kugira ngo uburezi bufite ireme bugerweho, hakenewe abarimu beza babishoboye kandi bahagije.

Ibi  biratiza imbaraga bamwe mu barimu bagaragaza impungenge baterwa no kuba mu kazi kabo bataragera ku mubare wifuzwa, ngo babashe gutanga uburezi bufite ireme.

Gatera JMV ni umwarimu wigisha muri bimwe mu bigo by’amashuri abarizwa mu Karere ka Kicukiro, agira ati “Turakora umurimo wacu tunawukunze, ariko ducyenera izindi mbaraga. Umwana ntakwiye guharirwa mwarimu wenyine ngo ababyeyi baterere iyo, kandi babana igihe kinini; bwa burezi bufite ireme duharanira tuzabugeraho kubw’ubufatanye.”

Akomeza avuga ko mwarimu akivunika mu gutanga amasomo menshi icyarimwe, ko hacyenewe abandi bashya.

Ati “Iyo twigisha tugerageza no gukundisha abanyeshuri ibyo dukora kugira ngo tuzabone abadufasha gukomeza gutanga uburezi, n’abazadusimbura igihe cyacu cy’izabuku. Ni aha buri wese kubyiyumvamo tugatanga umuganda ku Gihugu cyacu, duharanira iterambere rishingiye ku kujijuka.”

Guhemba Abarimu b’indashyikirwa

Hateganyijwe ko abarimu b’indashyikirwa bahembwa, kuri uyu munsi. Ni abarimu baturuka mu mashuri y’uburezi rusange (General Education), abo mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (TVETs Schools), aya Leta n’ayigenga, guhera ku rwego rw’amashuri Abanza n’Ayisumbuye.

Abarimu b’indashyikirwa bahembwa muri ibi birori, bahabwa ibihembo bitandukanye,  birimo mudasobwa, amafaranga, moto,…. Baba baratoranijwe guhera ku rwego rw’Ishuri kugeza ku rwego rw’Igihugu.

Insanganyamatsiko y’ Umunsi Mpuzamahanga wa Mwarimu, uyu mwaka igira iti “Abarimu ku isonga mu kubaka uburezi buhamye”.

UMUBYEYI Nadine Evelyne

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities