Ibitangazamakuru muri Africa y’Iburengerazuba bivga ko Perezida Yayi Boni wa Benin ubu atamerewe neza kuko umugore we Chantal Yayi yahukaniye mu nzu ye iri hafi y’ikibuga cy’indege cya Cotonou ndetse yasabye gatanya mu nkiko. Ni nyuma yo kumenya ko umugabo we yateye umukobwa wundi inda. Ikibazo ariko ngo kimaze kuba uruhererekane mu bayobozi i Cotonou.
Perezida Yayi Boni ubu yakwitwa umukwe wa Minisitiri we w’ushinzwe iby’amashuri yisumbuye François Adébayor Abiola kuko ngo yateye inda umukobwa wa Abiola nk’uko bitangazwa na Times24.
Ibi ngo byatumye Chantal Yayi umugore wa Perezida ahita yahukana ndetse asaba gatanya mu nkiko, nubwo abacamanza ngo batarayemeza.
Minisitiri Abiola nawe ngo nyuma yahise atera inda umunyamabanga wihariye we, naho umuyobozi mu biro bye (directeur de cabinet) nawe atera inda umwe mu bakozi bo mu biro bye.
Komi Koutché Minisitiri w’imari muri Guverinoma ya Yayi Boni ubu nawe ngo aritegura kuba ‘beau-fils’ wa boss we (Yayi Boni) kuko ngo yaba yarateye inda Solange Yayi umukobwa wa Perezida.
UMUSEKE.RW
Theo
May 13, 2015 at 10:14
@Ndumva ibyabo aruguterana Inda gusa!!! Ubundi bakirira Imisoro,Inkunga & imyenda amahanga abaha…ubundi abaturage ubukene,Ruswa & ubushomeri Bikabigabiza kakahava, Ubundi #Boni bakamuhambiriza izuba riva….
Genda afurika warakubititse!
Abayobozi kweri
May 13, 2015 at 11:08
Ariko kuki ingo z’abayobozi zitaremya!!! Mana, uziko n’umugore w’umukuru w’umudugudu wacu nawe ashaka divorce aho umugabo we yatereye inda umukobwa w’ushinzwe amakuru mu mudugudu!!! Birababaje
John
May 13, 2015 at 11:13
Mbega abatipe!! Nibobazi gutera akabariro
GAT
May 13, 2015 at 11:38
UMURENGWE GUSA GUSA;
Theo
May 13, 2015 at 14:53
Urukarangu iyo rubaye nrwinshi mumubiri bikavangamo niakazuba, buri wese afata umuri hafi
Inzobere
May 13, 2015 at 15:52
Iyi Gouvernement ya Benin ko mbona ari ukurya abana gusa????????????!!!Ubanza aribyo bibafata amasaha menshi
dido
May 13, 2015 at 19:28
Barahaze
dido
May 14, 2015 at 07:18
Ariko se muri Benin nta preservatifs bagira ?
cyasemakamba
May 14, 2015 at 07:44
Bibuke agakingirizo niba nta bugome burimo ariko
Kabwe
May 15, 2015 at 00:32
Birashoboka ko muri Benin hari ubusambanyi kubari ku butegetsi, ariko na none itangazamakuru ridatangaza uko ryamenye urwo ruhererekane rw’abatera n’abaterwa inda ndaricyemanga. ntacyo ryigisha.
Harerimana Ernest
May 18, 2015 at 15:51
inzigo yayo yiturw,indi.
kori
May 20, 2015 at 08:03
Ariko muri Benin umenya nta SIDA ibayo.
RUGORO Emmanuel
June 4, 2015 at 10:45
Ni umuco mubi, aba bayobozi baratanga urugero rubi, kandi ngo umuco uvuye ibukuru bucya wakwiye hose, ntibisanzwe.