Connect with us

Hi, what are you looking for?

Indirimbo

Umuhanzi Jean Pierre Runyurana ahugiye mu guhanga indirimbo zihimbaza Imana

Nyuma y’aho abakunzi be bamaze kumuhamya izina Gushimira kubera indirimbo ye yamamaye cyane yitwa “Gushimira”, Jean Pierre Runyurana kuri ubu ahugiye mu gutunganya indirimbo ze zihimbaza Imana.

Mu kiganiro na Panorama.rw, Jean Pierre Runyurana yavuze ko buri gihe iyo agiye gukora indirimbo kuva ku ikubitiro ayandika kugeza muri studio, icyo ashyira imbere ari ibitekerezo bikubiye mu butumwa buri muri iyo ndirimbo.

Ati “N’ubwo umuhanzi yifuza kumenyekana no kubona amafaranga biturutse ku mbaraga aba yakoresheje mu bihangano bye, ni ngombwa cyane guha agaciro akamaro indirimbo ishobora kugirira umuntu uzayumva, kuko iyo ni yo nyungu nyamukuru kandi ni wo mugambi w’Imana itanga impano”.

Icyemezo cyo gushyira imbaraga n’umutima wose mu gukora indirimbo zihimbaza Imana kije nyuma y’aho umuhanzi, umucuranzi, umuririmbyi ndetse n’umukinnyi wa Filime, Jean Pierre Runyurana amaze gukora indirimbo nyinshi zivuga ku nsanganyamatsiko zinyuranye nk’urukundo ndetse n’ibibazo bishamikiye ku mibereho y’abantu ya buri munsi.

Jean Pierre Runyurana muri Malaysia

Uyu muhanzi ukomoka n’ubundi mu muryango w’abantu bakunda muzika ndetse bafite n’impano, yatangiye kwiga gucuranga gitari mu 1986.

Ntabwo ari ibyo gusa kuko Jean Pierre K. Runyurana afite ubushobozi bwo kwandika indirimbo ku buryo yakoranye na studios zitandukanye, ndetse anazicuruza mu mahanga ku mugabane wa Amerika, mu Burayi, Aziya n’izindi zagiye zikundwa cyane mu Rwanda, muri Kenya, Uganda n’i Burundi.

Kugeza magingo aya, Jean Pierre K. Runyurana amaze kwibikaho albums 10 z’indirimbo ariko bitewe n’uko afite ibindi bikorwa bimufata umwanya, biracyamugoye kugira ngo ibihangano bye birusheho kugera kuri benshi.

Uretse iyo mpamvu dutanze ruguru aho mu nyandiko yacu, abakunzi b’indirimbo nyarwanda ziyubashe kandi zirimo ubutumwa bakomeza kwishimira inganzo y’umuhanzi Runyurana mu ndirimbo zimwe na zimwe bamenye nka “ Gushimira”, “Ababyeyi b’Umuntu”, “Soma ruryohe”, “Ne Pleures pas”, “Abantu bari Beza” n’izindi nyinshi.

Gaston Rwaka

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities