Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Uruganda rw’Abashinwa rukora imyenda muri Economic Zone rwahiye

Uruganda rwakongotse ariko nta muntu wahaburiye ubuzima (Ifoto/ TV One)

Amakuru ya vuba ku nkongi yazindukiye mu cyanya cy’inganda cya Kigali avuga ko uruganda rwahiye ari urw’Abashinwa rukorera imyenda muri kiriya cyanya.

Umuvugizi wa Polisi ACP Boniface Rutikanga yabwiye Taarifa dukesha iyi nkuru, ko ishami rya Polisi rishinzwe ubutabazi ryazimije uwo muriro.

Uwo muriro wadukiye muri bimwe mu biro bigize urwo ruganda, ukaba watangiye mu ma saa kumi z’urukerera rwa mu gitondo kuri uyu wa mbere tariki ya 5 Kanama 2024.

Nta bantu bahiriyemo ariko iperereza riracyashaka kumenya intandaro nyayo y’iyo nkongi. Wari umuriro ufite imbaraga nk’uko amashusho ari kuri TV 1 abigaragaza.

Amakuru avuga ko uruganda rwahiye ari urwitwa C&D Products Rwanda Ltd rukora imyenda.

Taarifa itangaza ko bagerageje kuvugisha nyiri nomero ya telefoni igaragara ko ari yo abantu bahamagaraho ngo bamenye amakuru kuri uru ruganda ariko uwo ibaruyeho witwa Denis Ndemezo ntiyashobora kwitaba.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Panorama Minisitiri w’ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana atangaza ko ikibazo cy’inzoga zitizuje ubuziranenge zikomeje guhitana ubuzima bw’abantu ari icyorezo mu bindi, kuko bimaze gufata indi...

Rwanda

Abatuye mu bice bitandukanye byo mu Murenge wa Nyarugunga n’ahandi muri Kanombe, mu Karere ka Kicukiro, bavuga ko bamaze ibyumweru bisaga bitatu bahanganye n’ikibazo...

Akarere

Mu gihe ikibazo cy’umutekano gikomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ridateganya kuva ku...

Akarere

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, yavuze ko igihugu kidateganya gukuraho ingamba z’ubwirinzi cyashyizeho, ahubwo ko zikomeza kuvugururwa bitewe n’imiterere y’ibibazo by’umutekano...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities