Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Urugendo rw’ikoranabuhanga mu guhindura ubuzima bw’Abanyarwanda

Abatuye mu Rwanda n’abahakorera, bemeza ko ikoranabuhanga ririmo kuborohereza mu mikorere yabo ya buri munsi bitewe na gahunda ya Smart Cities irimo gukurikiranwa n’Ubunyamabanga bw’ikigo Smart Africa gifite icyicaro muri Kigali.

Muri Gicurasi 2017 mu nama ya Transform Africa Summit yari yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, nibwo hafashwe icyemezo cyo gutangiza gahunda yishwe “SMART CITIES” igamije gushyira imbere ikoranabuhanga muri serivisi zose mu mijyi yo kuri uyu mugabane harimo n’uwa Kigali.

Mu Mujyi wa Kigali, hari gahunda ya ‘Twagiye Cashless’ imaze gushinga imizi, binagaragarira no mu kwishyurana harimo no mu gutwra abagenzi mu buryo bwa rusange.

Ikoranabuhanga kandi ririmo no kwifashishwa mu gukemura ibibazo byugarije abatuye ibice by’icyaro, aho utudege duto tutagira abapilote twifashishwa mu gutera imiti yica imibu mu bishanga mu rwego rwo kurwanya Malaria ihitana ubuzima bwa benshi.

Umujyi wa Kigali ni umwe mu mijyi yo muri Afurika ifite imishinga y’ikoranabuhanga inaterwa inkunga n’Ubunyamabanga bw’Ikigo Smart Africa gifite icyicaro muri Kigali.

Aganira na RBA dukesha iyi nkuru, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa avuga ko inama ya Transform Africa yatumye imitangire ya serivisi zitandukanye zishyirwamo ikoranabuhanga igikorwa kigikomeje.

Muri iyi nama ya 6 ya Transform Africa ibera muri Zimbabwe, bimwe mubyo abayirimo bashyize imbere ni ukugira umugabane ufite ubukungu bufite agaciro ka Miliyari zisaga 700 z’amadorari bushingiye ku ikoranabuhanga.

Ikigo Smart Africa gifite icyicaro mu Mujyi wa Kigali, gifite imishinga y’ikoranabuhanga itegerejwe gushyirwa mu bikorwa ifite agaciro ka Miriyari 102.9 z’Amadorari.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Izindi wakunda

Amakuru

Atangiza umwiherero w’iminsi ibiri w’abagize Urwego rw’Ubutabera mu Rwanda, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta Dr. Ugirashebuja Emmanuel, yavuze ko ubutabera budakorwa na...

Amakuru

Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza, bashinja Hategekimana Philippe uzwi ku izina rya...

Ubucuruzi

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana aratangaza ko u Rwanda na Qatar byifuza kubaka ubushobozi buhambaye bwahaza isoko rya Afurika mu byo gutwara abantu...

Iterambere

Abadepite mu nteko Ishinga amategeko basabye leta kurushaho korohereza abifuza gushora imari mu kubaka inzu ziciriritse kandi hakifashisjhwa n’ibikoresho bihendutse byujuje ubuziranenge, kugira ngo...

PanoramaTV Rwanda

https://www.youtube.com/watch?v=BgBhZVIypEs

Click here to Follow our YouTube Channel

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities

Copyright © 2021 Panorama.