Connect with us

Hi, what are you looking for?

Abantu

VA ku giti DORE umuntu!

Profeseri Pacifique Malonga, Umwalimu, Umunyamakuru akaba n'umwanditsi w'ibitabo (Ifoto/Panorama-Ububiko)

Mu bihe bikomeye, mu kaga nk’aka isi irimo n’u Rwanda rukaba ruhanganye n’icyo cyorezo cyitwa Co, corona, Vi aribyo virus, D aribyo disease ” COVID ” 19 kuko niho yadutse!  Ubu hakaba hanibukwa ku nshuro ya 26, Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Rwanda, Afurika n’Isi ni ibibazo bikomeye cyane. Abakorera n’abakoresha imbuga zitandukanye nabo ntibiboroheye ariko ni byiza ko bamenya neza inshingano zabo bakava ku giti bakajya ku muntu!

Abanyuzaho byiza nyabyo barahumuriza ibyo ni ngombwa birahumuriza. Abanyuzaho ibyo batazi, badashishoza, bahubuka “fake news” ntabwo bakenewe barahahamura! Abaceceka gusa kandi bari ku mbuga ntibagire nibura n’akamenyetso banyuzaho ko bakiriho ari bazima, nabo ni ikibazo batera impungenge!

Hari n’abatanga ibitekerezo byinshi bifatika ariko na bo bagomba kwitonda ntibakangishe ibitekerezo by’imbaraga, ahubwo hakaba imbaraga z’ibitekerezo “nguvu ya hoja” badala ya” hoja ya nguvu”.

Nubwo bitoroshye gushyingura, gukora ubukwe, gusurana, guterana, kwigana, gusangira no gusabana abantu bari kumwe birashoboka rwose kandi buri wese ari iwe undi iwe mu rugo ! Abanyarwanda nk’uko byahoze kuva kera, bagomba kumva ko “ak’ i Muhana kaza imvura ihise!” Kandi ko intore, impfura n’umugabo nyamugabo ataganya ahubwo ashaka ibisubizo agahumuriza abandi.

Iyi koronavirus nise ” IKAMBA RYA KABUTINDI”, mu gihugu nk’iki cy’ u Rwanda gifite ubuyobozi bwiza bw’intangarugero bwita ku buzima n’umutekano wabarutuye, buri mutwe muzima wagombye kwishimira ko nta muntu kugeza ubu mu Rwanda uricwa n’Ikambaryakabutindi, bivuye k’ubwitange bw’abaganga n’ubuyobozi busobanutse.

Twese nk’abitsamuye mu kinyarwanda, twirinde kwitsamura mu bantu, tugume mu rugo, dukarabe amazi meza n’isabune, dufashe abatishoboye dukoresheje mobilo money, dukoreshe udupfukamunwa, dusuhuzanye, dufatane urunana ku mbuga, twandike, dusome,  twungurane ibitekerezo , twiyubake, twubakane, turwubake turi bamwe! Umuswahili yagize ati: “Undugu si kufanana ni kufaana!” Uwawe si uwo musa ni uwo musangira!

Mwalimu Pacifique Malonga

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities