Ikigo cy’igihugu gishinzwe Imikurire no kurengera abana cyatangaje ko abana barenga ibihumbi 3000 bamaze gusubizwa mu miryango bavanywe mu bigo by’Imfubyi.
Ushingiye ku mibare igaragazwa n’ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana mu Rwanda NCDA igaragaza ko abana basaga 3782 bavuye mu bigo ngororamuco bakagera kuri 380 ubu bakaba barererwa mu miryango.
Evariste Murwanashyaka, Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa mu mpuzamiryango y’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO), avuga ko nubwo iyi gahunda ari nziza ariko leta ikwiye kujya ikomeza gukurikirana imibereho y’aba bana baba bagiye kurererwa mu miryango kugira ngo bibe igusubizo kirambye.
James Nduwayo ushinzwe gahunda ya tubarere mu muryango mu kigo cy’igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana mu Rwanda avuga ko abana iyo bamaze kugezwa mu muryango bakurikiranwa mu buryo butadukanye, aho hari abakorerabushake 2 umugabo n’umugore bari kuri buri mudugudu, zimwe munshingano bafite ni izo gukurikirana abana bavuye mu bigo birera abana by’Imfubyi.
Gahanda yo kurerera abana mu muryango yatangiye hagati ya 2012–2013 igamije kugira ngo buri mwana agire umuryango abarizwamo bityo abone indangagaciro zo mu muryango.
Munezero Jeanne d’Arc













































































































































































