Leta y’u Rwanda iramara abanyarwanda impugenge ko badakwiye gutinya gufata urukingo rwa COVID-19 doze ya gatatu kuko ari urwongerera ubushobozi izatewe mbere, nk’uko n’izindi nkingo z’izindi ndwara zishobora kurenga ebyiri.
Itangwa ry’iyi doze yongera ubudahangarwa ryatangiriye mu mujyi wa Kigali ariko igikorwa kikaba kizakomereza n’ahandi mu ntara.
U Rwanda rwemeza ko mu gihe rumaze rukingira abantu ntawe biragiraho ingaruka nta mpamvu rero yatuma abanyarwanda badafata na doze ya 3 y’urukingo rwa COVID-19, ur’urukingo ruje ruza gushimangira no gushyigikira mu mubiri w’abatewe inkinko ebyiri zombi zayibanjirije nk’uko minisitiri w’intebe Dr Edouard Ngirente atangaza ko guverinoma y’u Rwanda izakomeza gushyira ingufu mu gukingira abaturage ndetse no gukomeza gushaka inkingo.
Ibi kandi bishimangirwa na minisitiri w’ubuzima Dr Ngamije Daniel aho avuga ko abanyarwanda badakwiriye kurushidikanyaho kuko ari urukingo nk’urundi kuko n’izindi ndwara zishobora kugira inkingo zirenze ebyiri bityo avuga ko abanyarwanda batagomba kwibaza impamvu doze ya 3 igomba gutangwa.
Ibi byatangajwe kuri uyu wa 5 aho minisitiri w’intebe yitabye inteko nshingamategeko imitwe yombi kugirango ayigaragarize uko ubukungu bumeze muri ibi bihe ndetse n’uko icyorezo cya covid gihagaze mu Rwanda muri iyi minsi.
Itangazo ryasohowe na Ministeri y’ubuzima rivuga ko uhabwa doze ya gatatu agomba kuba amaze iminsi 180 akingiwe ku buryo bwuzuye, ni ukuvuga abonye doze ya kabiri y’urukingo.
Kugeza ubu abari bamaze guhabwa nibura doze ya mbere bagera kuri miliyoni 6 mu gihe abari bamaze guhabwa inkingo ebyiri bagera kuri miliyoni eshatu n’igice.
Munezero Jeanne d’Arc













































































































































































