Bamwe mu bayobozi b’uturere mu ntara y’Iburasirazuba batunzwe agatoki ku kuba badatanga amakuru ku banyamakuru cyangwa banayatanga bakabikora bagononwa.
Ibi byagaragajwe n’abanyamakuru ku wa kane tariki ya 8 Kamena 2017, I Rwamagana, ahabereye ibiganiro byahuje abanyamakuru, Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba , Polisi y’igihugu, Urwego rw’Umuvunyi, Urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC) n’izindi nzego.
Muri ibi biganiro byari bigamije kurushaho gusobanukirwa itegeko ryo Gutanga amakuru no kuyahabwa ni ho abanyamakuru bagaragarije ko hari uturere kubonamo amakuru bigoye cyane, kubera ko ahenshi ntawundi wemerewe kuvugira akarere atari umuyobozi wako; ibi rero bikaba bituma amakuru atabonekera ku gihe.
Bagabo John umwe mu banyamakuru bari muri ibi biganiro yavuze ko bahura n’imbogamizi zikomeye mu kubona amakuru ku bayobozi bamwe na bamwe b’uturere tugize iyi ntara.
Yagize ati “Ni gute waba ushaka amakuru areba iby’ubukungu, aho kubaza ubishinzwe ugategereza umuyobozi w’akarere nawe bikarangira utanamubonye?”
Bagabo yongeraho ko niyo hagize undi mukozi mu karere wemerwa kuvuga ntiyemererwa kuvuga ku bindi bibazo uretse ibirimo gukorwa ako kanya gusa.
Undi munyamakuru Kalinda Claude na we avuga ko abanyamakuru bahura n’imbogamizi zo kubona amakuru ku bayobozi mu turere, aho ushobora ku mushaka ntumubone.
Yagize ati “Ugasanga rimwe na rimwe atakoze byaba ngombwa ko umuhamagara nko kuri telefone nk’umuntu umaze iminsi utamubona, akagusubiza ati ‘umuntu wese uzajya umpamagara ndabwirwa niki ko ari umunyamakuru?’ cyangwa ukohereza ubutumwa bugufi akakubwira ko ari mu nama.”
Uyu munyamakuru abajijwe uko iki kibazo cyo kudatanga amakuru cyakemuka yavuze ko hakomeza ibiganiro hagati y’abanyamakuru n’inzego za Leta ndetse n’abikorera, kuko na bo itegeko ryo gutanga amakuru ribareba.
Yagize ati “Icya mbere ni nkibi tuvuyemo, iyo habayeho ibiganiro abantu bagakangurirwa imikorere myiza hagati y’inzego zitandukanye, ibiganiro mbona aribyo bya mbere.”
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Judith Kazaire, agaruka kuri iki kibazo cy’uko hari abayobozi b’uturere bo mu ntara ayobora batorohereza abanyamakuru, yavuze ko iki kibazo atari akizi ariko agiye gukangurira abo bakorana umunsi ku wundi gutanga amakuru.
Yagize ati “Ni amakuru twumvise hano abanyamakuru bagaragaza; icyo navuga ni uko mu mikorere isanzwe, tuzabiganiraho n’abayobozi b’uturere, tukumva ikibazo aho kiri. Ariko ubundi nk’abayobozi dusabwa gutanga amakuru, tubisabwa ni itegeko. Tuzabiganira tubinoze nk’uko dusanzwe tunoza ibindi.”
Ku birebana n’abaturage batanga amakuru bakarebwa nabi n’abayobozi b’inzego z’ibanze, Umuyobozi w’intara y’Iburasirazuba yabahumurije, anavuga ko abaturage bafite uburenganzira bwo kuvuga amakuru kuri bo, anongeraho ko bizakurikiranwa .
Ibiganiro nk’ibi bihuza abanyamakuru n’inzego z’ubuyobozi zinyuranye zirimo Polisi n’Urwego rw’abanyamakuru bigenzura, bigaragara ko bitanga umusaruro mu mikoranire myiza. Ibi bikaba byatumye ubuyobozi bw’intara y’Iburasirazuba bugaragaza icyifuzo ko ibi biganiro byajya biba buri gihembwe.
Nkurunziza Theoneste













































































































































































