Raoul Nshungu
Ku mugoroba wo ku wa Kane 10 Nyakanga 2025, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe, yitabiriye ibirori byo kwizihiza Ubwigenge bw’u Butaliyani.
Nk’uko Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda ibivuga, Gen (Rtd) Kabarebe yashimye umubano umaze gushinga imizi hagati y’u Rwanda n’u Butaliyani mu bijyanye n’ubucuruzi, ishoramari no gutera inkunga imishinga yo kubungabunga ibidukikije.
Igira iti “Mu butumwa bwe, Gen (Rtd) Kabarebe yashimye umubano umaze gushinga imizi hagati y’u Rwanda n’u Butaliyani mu bijyanye n’ubucuruzi, ishoramari no gutera inkunga imishinga yo kubungabunga ibidukikije.”
ubusanzwe wizihizwa tariki 02 Kamena buri mwaka. Umunsi w’Ubwigenge bw’u Butaliyani, uzwi kandi ku izina rya ‘Festa della Repubblica’ (Umunsi w’Igihugu cya Repubulika), ni umunsi bizihiza referandumu y’amateka yabaye mu 1946, ubwo Abataliyani batoraga gukuraho ubwami bugasimbuzwa Repubulika y’u Butaliyani.
Ibihugu by’u Rwanda n’Ubutaliyani bisanzwe ifitanye umubano n’ubufatanye mu bikorwa bitandukanye urugero mu 2018 ibihugu byombi byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’imikoranire mu by’ubwikorezi bwo mu kirere yemerera indege z’u Rwanda kwinjira mu kirere cy’u Butaliyani ndetse n’indege z’abatariyani zemerewe kwinjira mu kirere cy’u Rwanda.
Mu 2021 ubwo icyorezo cya COVID 19 cyari cyugarije u Rwanda n’Isi Ubutaliyani bwahaye u Rwanda inkunga y’inkingo za Covid-19 zisaga 857,000.













































































































































































